Umuyobozi wa Toronto Raptors yaje Kigali gushyigikira Basket y’u Rwanda

Kuri uyu wa kane ni bwo Umuyobozi mukur w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri NBA muri gahunda y’iminsi itatu yo gushyigikira umukino wa basketball mu Rwanda

Itsinda rigizwe n’abantu 13, ni ryo ryasesekaye i Kigali ahagana ku ma Saa ine zo kuri uyu wa kabiri, rikaba rije muri gahunda yo guteza imbere umukino wa Basketball muri Afurika, bikozwe n’abakomoka kuri uwo mugabane banyuze muri Shampiona ya Basket muri Leta zunze ubumwe z’Amerika (NBA).

Masai Ujiri wambaye umukara, yakiriwe na Mugwiza Desire uyobora Ferwaba
Masai Ujiri wambaye umukara, yakiriwe na Mugwiza Desire uyobora Ferwaba
Babanje gufotora Kigali
Babanje gufotora Kigali

Bayobowe na Masai Ujiri uyobora Toronto Raptors, akaba n’umuyobizo w’iri tsinda ryitwa Giants of Africa ndetse ari nawe warishinze, aba 13 baramara iminsi mu Rwanda bafasha abana 50 bakiri bato batoranyijwe mu Rwanda hose, ngo bakomeze gutera imbere muri uyu mukino.

Kaigera ku kibuga cy’indege i Kanombe Masai Ujiri yatangaje ko bashishikajwe no guteza imbere mu mukino wa basketball mu Rwanda, cyane ko abona hari aho uva n’aho ujya.

Yagize ati "Afurika twayikuriyemo, ni yo mpamvu tugomba gufasha abayikomokamo kugera ku rundi rwego rwo hejuru, u Rwanda ni igihugu bigaragara ko kiri kuzamuka, by’umwihariko nkaba narashimishijwe n’uburyo abatarengeje imyaka 18 bitwaye mu gikombe cy’Afurika cyabereye i Kigali, ibi byose bakaba babikesha imiyoboreremyiza y’u Rwanda"

Usibye gutangiza uyu mwiherero, iri tsinda ryanatashye ku gicamunsi ikibuga basannye kiri i Nyamirambo ahazwi nko Club Rafiki.

Abana bari mu mwiherero bashimira Ujili Masai ku kibuga cya Club Rafiki
Abana bari mu mwiherero bashimira Ujili Masai ku kibuga cya Club Rafiki

Usibye u Rwanda barimo kuzagera taliki ya 25 Kanama, babanje no guca mu bindi bihugu, aho kuva kuva taliki 7 – 9/08 bari muri Senegal, Ghana 12 – 14/08, Nigeria 16 – 18/08, Kenyat 19 – 22/08, mu Rwanda 23 – 25/08, bakazajya na Botswana 26 – 29/08/2016.

Amafoto

Bakigera i Kanombe...

Babanje gufotora Kigali
Babanje gufotora Kigali
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka