Umukinnyi wa NBA uri mu Rwanda yahaye ibikoresho abanyeshuri b’i Musanze (AMAFOTO)

Umunya-Bosnia Jusuf Nurkić ukina mu ikipe ya Portland Trail Blazers yo muri Shampiyona ya Basket ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari mu Rwanda aho yaje mu bikorwa by’ubukererugendo

Yasuye Pariki y'ibirunga
Yasuye Pariki y’ibirunga

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter Jusuf Nurkić yagaragaje ifoto aherereye mu rwnjiriro rwa Pariki y’Ibirunga mu Kinigi mu karere ka Musanze, ifoto n’amagambo agaragaza ko yanyuzwe n’ibyiza by’u Rwanda.

Jusuf Nurkić aganiriza abanyeshuri i Musanze
Jusuf Nurkić aganiriza abanyeshuri i Musanze

Nyuma yaho, yaje kugaragaza ko n’ubwo yari yaje mu bikorwa by’ubukerarugendo, yakozwe ku mutima n’uko yabonye abantu bo muri kariya gace bakora cyane bashaka ubuzima, bishimye ari nako bimeze no ku bana yabonye, byatumye asaba kuba yagira ibigo by’amashuri biri hafi aho yasura.

Yaje gusura ibigo bibiri biri mu mujyi wa Musanze ndetse no mu bice byo mu Kinigi, abagenera ibikoresho birimo iby’ishuri amakayi, amakaramu imipira yo gukina y’umupira w’amaguru na Basketball ndetse n’ibindi.

Jusuf Nurkić akina mu ikipe ya Portland Trail Blazers
Jusuf Nurkić akina mu ikipe ya Portland Trail Blazers

Jusuf Nurkić ukinira ikipe y’igihugu ya Bosnia na Herzegovina, akanakinira ikipe ya Portland Trail Blazers ibarizwa mu gace k’I Burengerazuba (Wsestern Conference) ka Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), akaba azwi ku izina rya the “Bosnian Beast”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka