Nyuma yo kugura Tierra Monay Henderson, ikipe ya REG y’abagore yaguze abandi bakinnyi

Nyuma y’igihe gito ihinduriwe izina ikava ku izina rya UBUMWE WBBC ikitwa REG WBBC ndetse igahita yegukana n’igikombe cya Shampiyona, REG WBBC ikomeje kwiyubaka yongera imbaraga mu ikipe yabo.

Tierra Monay Henderson
Tierra Monay Henderson

Muri Nzeri uyu mwaka nibwo byamenyekanye ko ikipe y’abagore ya Sosiyete ishinzwe ingufu ikina Baketball (REG WBBC) yamaze kumvikana na kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino wa Basketball, Tierra Monay Henderson, kuzayikinira. Byari byitezwe ko Henderson agomba kuzakinira ikipe ya REG WBBC mu mikino ya kamarampaka ya 2021 gusa ntiyahise aza kuko aho akina muri Puerto Rico shampiyona yari irimbanyije.

FEZA EBENGO ni undi mukinnyi wasinyishijwe n'ikipe y'abagore ya REG
FEZA EBENGO ni undi mukinnyi wasinyishijwe n’ikipe y’abagore ya REG

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, REG WBBC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batatu bakomeye barimo na FEZA EBENGO wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda. Mu bandi bakinnyi yasinyishije ni TETERO Odile na Sandrine Mushikiwabo bari basanzwe bakinira ikipe ya IPRC Huye.

TETERO ODILE bamukuye muri IPRC Huye
TETERO ODILE bamukuye muri IPRC Huye

Ikipe ya REG WBBC iherutse kubona itike yo kuzakina imikino y’igikombe cya Afurika cy’amakipe giteganyijwe kuba mu mwaka utaha mu Misiri. Iyi tike bayibonye nyuma yo kwegukana umwanya wa gatatu mu irushanwa ry’Akarere ka Gatanu ryabereye muri Tanzania mu kwezi gushize.

Mushikiwabo Sandrine wakiniraga ikipe ya IPRC HUYE na we yerekeje muri REG WBBC
Mushikiwabo Sandrine wakiniraga ikipe ya IPRC HUYE na we yerekeje muri REG WBBC
REG WBBC ni yo yegukanye igikombe cya Shampiyona
REG WBBC ni yo yegukanye igikombe cya Shampiyona
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

This is a waste of public resources

Rutikanga yanditse ku itariki ya: 17-12-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka