#AfroBasket2021: Cameroun yatewe mpaga mu mukino yari guhuramo na Sudani y’Amajyepfo
Umukino wo mu itsinda D wagombaga guhuza ikipe ya Cameroun ndetse na Sudani y’Amajyepfo guhera i Saa Cyenda z’amanywa, wamaze gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19
Kuri uyu wa Gatatu muri Kigali Arena harakomeza imikino y’igikombe cya Afurika cya Basketball “FIBA AFROBASKETBALL 2021”, aho umwe mu mikino yari iteganyijwe wamaze gusubikwa.
Ni umukino wagombaga guhuza ikipe y’igihugu ya Cameroun ndetse na Sudani y’Amajyepfo, aho waje gusubikwa nyuma yo gusanga mu ikipe ya Cameroun harimo abakinnyi banduye icyorezo cya COVID-19.
Mu mategeko y’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umukino wa Basketball “FIBA” agenga aya marushanwa, nyuma yo kuyasuzuma hafashwe umwanzuro wo gusubika uyu mukino ndetse Cameroun inaterwa mpaga y’amanota 20-0.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Mwabamuzi. Icyoyazize