Ubumwe BBC yatsinze APR yegukana igikombe cy’umunsi w’abagore

Mu marushwanwa yateguwe na Shooting touch,Ubumwe BBC niyo yegukanye igikombe itsinze APR BBC 72-49 mu mukino wabereye Petit Stade

Mu mukino wa nyuma wahuje amakipe asanzwe ahanganye muri Shampiona y’u Rwanda ya Basketball,Ubumwe Basketball Club yaje gutsinda APR Basketball Club iyirusha cyane,aho yarangije umukino iyirusha amanota 23.

Amakipe yakinaga igikombe giteretse
Amakipe yakinaga igikombe giteretse

ikipe y’Ubumwe yaje kandi kurusha APR mu duce twose tw’umukino uko ari tune,aho aka mbere karangiye UBUMWE ifite 16-15,agace ka kabiri kuri 32-28,aka gatatu Ubumwe ikomeza kurusha cyane maze igasoza ari 56-34,maze umukino uza kurangira UBUMWE ifite 72 kuri 49 ya APR basketball Club.

UBUMWE BBC ishyikirizwa igikombe
UBUMWE BBC ishyikirizwa igikombe
Itsinda ryitwa "Shooting touch" ryateguye aya marushanwa
Itsinda ryitwa "Shooting touch" ryateguye aya marushanwa

Aya marushanwa yasojwe kuri iki cyumweru muri Petit Stade Amahoro,yari yatangiye ku wa gatandatu taliki ya 19/03/2016,amarushanwa yatangiriye Rwinkwavu mu karere ka Kayonza,atangira haba amajonjora ari nako abakiri bato bakomeza gushishikarizwa gukunda umukino wa Basket.

Andi mafoto kuri uyu mukino

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka