Afrobasket: Ikipe y’u Rwanda yagukanye umwanya wa 10

Ikipe y’u Rwanda ya Basketball yegukanye umwanya wa cumi mu irushanwa ry’igikombe cya Afuruka (Afrobasket 2013), ririmo kubera i Abidjan muri Cote d’Ivoire.

Nyuma yo kuzamuka ikagera muri 1/8 cy’irangiza, ikipe y’u Rwanda ntabwo yabashije kuharenga kuko yatsinzwe na Senegal amanota 67-57.

Nyuma yo gutsindwa na Senegal, bivuze ko yahise isezererwa, ikipe y’u Rwanda yagombaga gukina imikino yo guhatanira imyanya myiza (Matches de classement).

Mu guhatanira hagati y’umwanya wa 9 n’uwa 10, u Rwanda rwatsinzwe na Tuniziya amanota 76-54, u Rwanda rwegukanye umwanya wa 10 mu makipe 16 yitabiriye iryo rushanwa.

U Rwanda rwari rugiye mu gikombe cya Afurika ku nshuro ya kane rwikurikiranya kuva muri 2007, rwari ruri mu itsinda rya kabiri ryarimo Burkina Faso, Maroc na Tuniziya.

Muri iryo tsinda, u Rwanda rwabashije gutsinda Burkina Faso amanota 80-61 ukaba ari nawo mukino wonyine u Rwanda rwabashije gutsinda muri iryo rushanwa. Ikipe y’u Rwanda yatsinzwe na Maroc amanota 87-57, inatsindwa na Tuniziya amanota 83-81.

Tuniziya yatsinze u Rwanda mu guhatanira umwanya wa 9 n'uwa 10.
Tuniziya yatsinze u Rwanda mu guhatanira umwanya wa 9 n’uwa 10.

Nyuma yo kwugukana umwanya wa 10, umutoza w’ikipe y’u Rwanda Moise Mutokambali avuga ko ikipe ye yitwaye neza ku kigero cya 80%, kuko intego yari yihaye ngo muri rusange yazigezeho.

“ Twaje muri iri rushanwa dushaka kuza mu makipe 10 ya mbere muri Afurika none twabigezeho. Twitwaye neza ku kigereranyo cya 80%.

Ntabwo byabaye 100% kuko hari amakosa yo kutamenya kugarira neza ndetse no kwinjiza imipira mu nkangara yagiye akorwa, ari nayo tugiye kuyakosora, ariko ubundi navuga ko abakinnyi banjye bagerageje kwitwara neza”.

N’ubwo u Rwanda rwasezerewe, ariko imikino yo irakomeza. Muri ¼ cy’irangiza, Angola yasezereye Maroc iyitsinze amanota 95-73, Misiri isezerera Cape Verde iyitsinda amanota 74-73.

Cote d’Ivoire mu rugo iwayo ikomeje kwitwara neza ikaba muri ¼ cy’irangiza yasezereye Cameroun iyitsinze amanota 71-56, naho Senegal isezerera Nigeria iyitsinze amanota 64-63.

Mu mikino ya ½ cy’irangiza izaba kuri uyu wa gatanu tariki 30/08/2013, Cote d’Ivoire izahatanna Angola ifite ibikombe 10 bya Afurika, naho Senegal ikazakina na Misiri.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka