Nyuma y’imyaka itatu arenzwa ingohe, Aristide Mugabe yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu

Kapiteni w’ikipe ya Patriots Mugabe Aristide yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu ya Basketball, nyuma y’imyaka itatu yari ishize hibazwa impamvu adahamagarwa

Mu rwego rwo gutegura igikombe cya Afurika “FIBA Afrobasket Rwanda 2021” izabera mu Rwanda kuva tariki 24/08 kugeza tariki 05/09/2021, abakinnyi 17 batangiye imyitozo igamije kubongerera imbaraga no kumenyerana n’umutoza mushya.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball Sheikh Sarr ukomoka muri Senegal, yahamagaye abakinnyi 27 ndetse banatangiye imyitozo, aho izina ryagaritsweho cyane ari Kapiteni wa Patriots Mugabe Aristide.

Arstide Mugabe aheruka guhamagarwa muri Nyakanga 2018
Arstide Mugabe aheruka guhamagarwa muri Nyakanga 2018

Mugabe Aristide yaherukaga guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ya Basketball muri Nyakanga 2018 ubwo hashakwagwa itike y’igikombe cy’Isi cya 2019,ubwo u Rwanda rwatsindaga Uganda mu ijonjora ry’ibanze.

Nyuma yaho uyu mukinnyi ntiyongeye guhamagarwa n’umutoza Vladimir Bosnjak, aho abatoza bavugaga ko impamvu ari ukuba bashaka guhamagara abakinnyi bakiri bato, n’ubwo benshi bakurikirana umukino wa Basketball bavugaga impamvu zitandukanye n’izatanzwe n’abatoza.

Mugabe Arstide yongeye kwerekana ko agishoboye mu marushanwa ya BAL yabereye muri Kigali Arena
Mugabe Arstide yongeye kwerekana ko agishoboye mu marushanwa ya BAL yabereye muri Kigali Arena

Urutonde rw’abakinnyi 17 bahamagawe

1.Ntore Habimana (Tiger BBC)
2.Aristide Mugabe (Patriots)
3.Sagamba Sedar (Patriots)
4.Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson (REG BBC)
5.Hagumintwari Steven (Patriots BBC)
6.Sangwe Armel (APR BBC)
7.Rutazigwa Gitore (Shoot for the Stars)
8.Mpoyo Olenga Axel (APR BBC)
9.Kazeneza Emile Gallois (APR BBC)
10.Honore Niyongira (APR BBC)
11.Nkusi Arnaud (APR BBC)
12.Kaje Elie (REG BBC)
13.Ndizeye Ndayisaba Dieudonné
14.Shyaka Olivier (REG BBC)
15.Ntwari Marius Tresor (APR BBC)
16.Ngoga Elias (UGB)
17.William Robeyns (Lige Basketball)

Muri iri rushanwa rizabera mu Rwanda kuva tariki 24 Kanama kugeza 05 Nzeri 2021, amakipe 14 muri 16 ni yo aheruka gushyirwa mu matsinda, mu gihe amakipe 2 asigaye azamenyekana muri Nyakanga 2021 nyuma y’imikino yo mu itsinda E yasubitswe.

Uko amatsinda ahagaze

Group A: Rwanda, Angola, DR Congo and 3GR.E
Group B: Tunisia, Egypt, Central Africa Republic and Guinea
Group C: Nigeria, Cote d’Ivoire, Mali and Kenya
Group D: Senegal, Cameroon, South Sudan and 2GR.E

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka