Hatangajwe urutonde rw’abakandida bahatanira kujya muri Komite Olempike
Abakandida bahatanira kujya muri Komite Nyobozi ya Komite Olempike ndetse n’indi myanya itandukanye, mu matora ateganyijwe ku Cyumweru gitaha
Tariki ya 05/04/2021 ni bwo uwari Perezida wa Komite Olempike Amb. Munyabagisha Valens yeguye, byari nyuma y’uko inteko rusange ya Komite Olempike yari iherutse kwemeza ko amatora ya Komite Nyobozi nshya azaba muri Nzeli nyuma y’imikino Olempike.
Nyuma yaho, haje gutumizwa inama y’inteko rusange idasanzwe, iza kwemeza ko amatora yo gutora komite nshya agomba kuba mbere y’imikino olempike, akazaba ku Cyumweru gitaha tariki 08 Gicurasi 2021.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30/05/2021, ni bwo akanama gashinzwe gutegura amatora kemeje abakandida bemerewe kwiyamamaza, aho ku mwanya wa Perezida hariho umukandida umwe rukumbi, akaba ari Uwayo Theogene usanzwe ari Perezida wa Federasiyo ya Karate.
Urutonde rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|