Mu Rwanda harabera Shampiona y’umukino w’amagare yo mu misozi

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yo ku misozi, ikazaba kuri iki cyumweru taliki ya 17 Nyakanga 2016

Kuri iki cyumweru mu karere ka Musanze harabera Shampiona y’umukino w’amagare akinirwa mu misozi azwi ku izina rya Mountain Bike, hakazakoreshwa inzira yakoreshejwe muri shampiyona nyafurika umwaka ushize yakiriwe n’u Rwanda.

Bimwe mu bice binyurwamo n'aya magare yo ku misozi
Bimwe mu bice binyurwamo n’aya magare yo ku misozi
Iyo byanze bararisunika
Iyo byanze bararisunika
Abanyarwanda batangiye kumenyera uyu mukino
Abanyarwanda batangiye kumenyera uyu mukino

Nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda,iyi shampiyona izakinwa mu byiciro bibiri, ari byo abakuru (elite) n’abakiri bato (Junior),amarushanwa azatangira saa yine za mu gitondo.

Nathan Byukusenge umenyerewe cyane mu gusiganwa mu misozi
Nathan Byukusenge umenyerewe cyane mu gusiganwa mu misozi
Na hano bazahatondagira
Na hano bazahatondagira
Mugisha Samuel wari witwaye neza umwaka ushize ntazakina iyi Shampiona
Mugisha Samuel wari witwaye neza umwaka ushize ntazakina iyi Shampiona
Ni gutya barisoza basa
Ni gutya barisoza basa

Usibye kandi aba bakinnyi basanzwe bakina uyu mukino, mbere y’irushanwa hateganyijwe kuba isiganwa ry’abatarabigize umwuga (citizens’ race) rizitabirwa n’ubishaka wese ufite igare.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

UYUMUKINO WEMEREWE BURIWESE

UWIMANA Dieudonne yanditse ku itariki ya: 12-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka