Tour du Rwanda: Teshome Meron yatsinze, Nsengimana Bosco akomeje kuyobora isiganwa

Umunya Eritrea Teshome Meron niwe wegukanye agace ka Muhanga-Rubavu, ariko Nsengimana Bosco wahageze nyuma ye amasegonda abiri akomeza kuyobora.

Umunya-eritreya Meron Teshome niwe wegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda kavaga i Muhanga kerekeza i Rubavu. Akurikiwe n’Umunyarwanda Jean Bosco Nsengimana n’Umunyafurika y’Epfo, Smit Willie.

Meron Teshome niwe wegukanye agace Muhanga-Rubavu.
Meron Teshome niwe wegukanye agace Muhanga-Rubavu.

Nyuma yo kugenda ibilometero 139.9 basiganwa ku magare no guhangana gukomeye gukomeje kuba hagati ya Eritrea n’abakinnyi b’u Rwanda, Teshome Hagos Meron niwe wasesekaye i Rubavu ari uwa mbere akoresheje amasaha 3, iminota 44 n’amasegonda 24, akurikirwa na Nsengimana Bosco wakoresheje amasaha 3 ,iminota 44 n’amasegonda 26.

Ku isiganwa ryahagurukiye i Muhanga ku i saa mbiri n’igice, abakinnyi 54 nibo bahagurutse, ariko nyuma y’iminota mike bahagurutse abakinnyi babiri barimo Umunyakenya umwe n’undi wa Eritrea gukora impanuka bituma isiganwa rihagarara iminota mike.

Abakinnyi baje gukomeza ariko Debretsion ntiyabasha kugira imbaraga zo gukomeza bituma ava mu irushanwa.

Mbere gato y’uko abakinnyi bagera aho irushanwa ryagombaga gusorezwa, abakinnyi batatu bari imbere barimo Areruya Joseph wari uri imbere anahabwa amahirwe yo gutsinda, Patrick Byukusenge na Debesay Mekseb ubu uri ku mwanya wa lane ku rutonde rusange kugeza ubu, baje kugwa bituma abandi babacaho.

Nyuma baje guhabwa ibihe n’iby’umukinnyi wa kabiri kubera ko bari kugiye kugera aho basoreza.

Uko bakurikiranye:

1.Teshome Meron (03h44’24")
2.Nsengimana Jean Bosco (03h44’26")
3.Smit Willie (03h44’26")
4.Winterberg Lukas (03h44’26")
5.Bescond Jeremy (03h44’26")
6.Kahsay Afewerki (03h44’26")
7.Hakuzimana Camera (03h44’26")
8.Eyob Metkel (03h44’26")
9.Okubamariam Tesfom (03h44’26")
10.Buru Temesgen (03h44’26")

Andi mafoto:

Polisi yari yakajije umutekano w'abagenzi n'uwabasiganwaga ku magare.
Polisi yari yakajije umutekano w’abagenzi n’uwabasiganwaga ku magare.
Ikipe y'abanyamakuru yakurikiranaga iri riganwa yahageraga mbere kugira ngo ibashe gutanga amakuru y'impamo.
Ikipe y’abanyamakuru yakurikiranaga iri riganwa yahageraga mbere kugira ngo ibashe gutanga amakuru y’impamo.
Imihanda ya Rubavu ikoze neza ku buryo nta mbogamizi abasiganwaga bahuye nazo.
Imihanda ya Rubavu ikoze neza ku buryo nta mbogamizi abasiganwaga bahuye nazo.
Abaturage bari baje kwihera ijisho, abeshi bahisemo kurira mu magorofa ngo badacikanwa.
Abaturage bari baje kwihera ijisho, abeshi bahisemo kurira mu magorofa ngo badacikanwa.
Abanyarubavu bari bategereje amagare mbere y'uko ahagera.
Abanyarubavu bari bategereje amagare mbere y’uko ahagera.

Sammy Imanishimwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Mana Dufashe Dutware Akagace Ka Rubavu& Kigali Bravo Kigali Today

Kanyemera Jad yanditse ku itariki ya: 21-11-2015  →  Musubize

Kuraje ku Rwanda ntarirarenga kdi tubarinyuma.

Maurice yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Abo banyarwanda turabashyigikiye kd Imana ikomeze kubaba hafi. abakoze impanuka niba batakomeretse n’irushanwa ry’ejo bakazarikora, tuzashima Imana.

TWIZERE Xavio yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Go Boyz go oooh. Proud to be Rwandan

Umusaza yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Go Boyz go oooh. Proud to be Rwandan

Umusaza yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Byaribyiza cyane ,ndashimira kigali today yabigaragajeneza sana

GASIGWA erneste yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Imana ishobora byose ibane naba banyonzi ibarinde impanuka. Bravo kuri Team rwanda, en tous cas umutima wendaga kumvamo iyo badutwara umupira w’umuhondo. Ndasaba *abayobozi bakuru b’igihugu kureba uburyo bagira icyo bagenera aba basore kuko nubwo batari gutwara uduce twose twa tour ariko bagaragaje ubuhanga no guhangana cyane n’aba banyamahanga barimo abamaze kwitabira amarushanwa akomeye nka Tour de France, birababaje kuba bakomeza kuba mubukene bakitwa champions ku izina gusa mugihe andi makipe yigihugu bayatakazaho ama miliyoni nandi yubusa ni ukuri hakenewe impinduka mumibereho n’ubuzima bw’aba basore nigihe hatari irushwanwa.

*Ubuyobozi bwa federation n’umutoza kuzirikana kugutoza aba basore bacu gusiganwa kumirambi kuko bbimaze kugaragara ko bibagora ndetse no kwita k’ubuzima bwabo muburyo bwimbitse ndetse bagakorerwa ibizamini byose kuko birababaje ibyabaye kuri Valens Ndayisenga

* Abakinnyi ndabasaba kwitoza cyane ndetse no kwigira ku bakinnyi nka J Bosco, Debesay Mekseb k’ukudacika intege bagakomeza mpaka bageze ku ntsinzi.
nabonye iyi Tour yaragaragaje ihangana rikomeye ndetse no Kuryoha bidasanzwe ntirengagije n’mitegurire myiza.
Nge igitekerezo cyange nuko hakorwa T-shirt za TEAM Rwanda abantu bakazigura mu rwego rwo gushyigikira ikipe mutekereze ukuntu byaba bisa neza bari bafatana bose mubona kumihanda bambaye imipira ya TEAM RWANDA!!!!!!!! Amazing, motivating ........

God bless TEAM RWANDA

PaulK. yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka