Tour du Rwanda: Valens Ndayisenga yegukanye "Maillot Jaune"

Valens Ndayisenga ni we wegukanye agace ka Kigali-Karongi ka Tour du Rwanda, ahita yegukana "Maillot Jaune" ihabwa umukinnyi uyoboye urutonde rusange

Valens Ndayisenga ubwo yari amaze gutanga abandi i Karongi
Valens Ndayisenga ubwo yari amaze gutanga abandi i Karongi

Valens Ndayisenga yegukanye "Maillot Jaune" nyuma yo gutanga abakinnyi bose bari bahanganye i Karongi, aho yakoresheje amsaha 3, iminota 16 n’amasegonda 46, aza no gusiga umunota n’amasegonda 25 Areruya Joseph ku rutonde rusange.

Valens Ndayisenga niwe wegukanye agace Kigali-Karongi
Valens Ndayisenga niwe wegukanye agace Kigali-Karongi

Uyu mwenda w’umuhondo "Maillot Jaune" yawambuye Areruya Joseph wari wayegukanye mu gace ka mbere ka Kigali-Ngoma, tariki ya 14 Ugushyingo 2016.

Urutonde rugaragaza uko abasiganwa ku magare muri Tour du Rwanda bakurikirana muri rusange
Urutonde rugaragaza uko abasiganwa ku magare muri Tour du Rwanda bakurikirana muri rusange
Urutonde rugaragaza uko bakurikiranye mu gace ka Kigali-Karongi
Urutonde rugaragaza uko bakurikiranye mu gace ka Kigali-Karongi

Ku i Saa tatu zuzuye ni bwo abakinnyi 73 bari bahagurutse kuri Kigali Convention Center berekeza i Karongi, batangira bose bagendera hamwe, bageze mu bice bya Ruyenzi Biziyaremye Joseph wa Team Rwanda yaje guhita acomoka mur bagenzi be, abasigaye akanya gato, nyuma aza gusatirwa na Mugisha Samuel wa Benediction Club.

Areruya Joseph acungana n'umukinnyi wo muri Eritereya
Areruya Joseph acungana n’umukinnyi wo muri Eritereya

Mugisha Samuel yaje gukomeza kugenda wenyine, agera Muhanga ari imbere aho yari yasize abandi hafi iminota ibiri, akomezaa kuyobora isiganwa kugera aho bagiye kugera ku rutare rwa Ndaba yasize abandi iminota 3 n’amasegonda 6.

Nyuma yaho yaje gusatirwa n’igikundi cyari kiyobowe na Areruya Joseph, Nsengimana Jean Bosco ndetse na Valens Ndayisenga n’abandi bakinana muri Dimension data.

Basatiriye ibice bya Rubengera, Mugisha Samuel wasaga nk’urangije inshingano ze z’umunsi, yaje gushyikirwa n’igikundi, maze abakinnyi hafi ya bose batangira kugendana, gusa Kangangi Suleiman wo muri Kenya akajya anyuzamo akagenda imbere y’abandi amasegonda make.

Habura Kilometero 5 ngo isiganwa rirangire, Valens Ndayisenga yaje gucomoka mu bandi maze ashyira igare imbere, yenekera abandi kugera ageze ku murongo usoza yasize Kangangi Suleiman wa kabiri Umunota 1 n;amasegonda 6.

Amwe mu mafoto yaranze urugendo Kigali-Karongi

Valens Ndayisenga yaherukaga kwegukana agace ka Tour du Rwanda muri 2014, ibi byishimo ntiyari abiherutse
Valens Ndayisenga yaherukaga kwegukana agace ka Tour du Rwanda muri 2014, ibi byishimo ntiyari abiherutse
Valens Ndayisenga azwiho kwitwara neza mu kwishimira intsinzi
Valens Ndayisenga azwiho kwitwara neza mu kwishimira intsinzi
Areruya Joseph na we yaje gutanga abandi ku murongo usoza, asoza isiganwa ku mwanya wa gatatu
Areruya Joseph na we yaje gutanga abandi ku murongo usoza, asoza isiganwa ku mwanya wa gatatu
Areruya Joseph wari watangiye isiganwa yambaye maillot jaune, yasoje ari uwa gatatu
Areruya Joseph wari watangiye isiganwa yambaye maillot jaune, yasoje ari uwa gatatu
Isiganwa ryatangijwe na Bugingo Emmanuel ushinzwe Siporo muri MINISPOC
Isiganwa ryatangijwe na Bugingo Emmanuel ushinzwe Siporo muri MINISPOC
Ubwo bahagurukaga i Kigali
Ubwo bahagurukaga i Kigali
Abafana bari benshi ahantu hose
Abafana bari benshi ahantu hose
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Trd RWANDA irimokuduha ibyishyimo byinjyicane peeeeee!!

HAKIZIMANA emmanuel yanditse ku itariki ya: 17-11-2016  →  Musubize

uyu musore wacu valens nakomereze aho guhesha u Rwanda rwacu ishema.

congratulations to valens ndayisenga.

Isaac mahoro yanditse ku itariki ya: 16-11-2016  →  Musubize

abo bahungu barakorape nimbaragazose twizeyeko bazayitwara kucyumweru

thomas MUGABUKUZE yanditse ku itariki ya: 16-11-2016  →  Musubize

kbs turabashima bakomereze aho?

Modeste yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

Abo bana Burwanda Bakomerezaho Tubama

BONAVANTURE yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

Brovo Ku basore b’abanyarwanda tubari inyuma! !!!!!!!!

wellars yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

nukuri aba bahungu bagakoze pee nanjye ejo tuzabaherekeza

BOVARY EZRA yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

abana bu rwanda ni bakomereze aho tubarinyuma.

edmond nizeyimana yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

Bravo kuri Valens

Sibomana Enias yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

Ndayisenga Ndamuha Amahirwe Ko Azatwara Tour De Rwanda Imana Imufashe Cyane Mperereye Kicukiro

Uwuyisenga Dione yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

uwiteka agumye aturindire abakinnyi

Boringo yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize

nukuri ntibisanzwe byaturenze kuko ishema ryurwanda rikomeze. kujya imbere na Maroc twayeretseko tutari agafu kimvugwa rimwe niyacu kd tubashyigikire

Muziranenge benson yanditse ku itariki ya: 15-11-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka