
Tariki ya 26 Gashyantare 2020 abatuye mu Mujyi wa Gisenyi no ku nkengero z’umuhanda winjira mu Mujyi wa Gisenyi bari benshi ku muhanda bategereje kureba irushanwa ry’amagare rizwi nka Tour du Rwanda.
Ni irushanwa ririmo abakinnyi baturuka mu Karere ka Rubavu, abaturage bo mu Karere ka Rubavu bakaba barashakaga kubereka ko babashyigikiye.
Umusaza witwa Nyamirambi uvuga ko afite imyaka ijana, kuva saa yine z’amanywa yari yicaye ku muhanda amagare anyuramo, avuga ko ategereje kwirebera abasore b’Abanyarwanda banyonga igare, akavuga ko ari amajyambere we yamusize.
Yagize ati "Ku gihe cyacu ibi ntibyabagaho, nubwo ndi umusaza, biranshimisha kubibona binyura mu maso."
Nyamirambi n’akabando ke, yananirwaga akajya mu rugo kunywa amazi akagaruka, ubundi akabaza abakiri bato kumubwira igihe gisigaye ngo basesekare mu mujyi wa Gisenyi.
Aho yari ahagaze si we wenyine kuko hari abandi baje gushyigikira abari mu irushanwa ry’amagare cyane cyane Abanyarwanda.
Nyamirambi ati "Rubavu ni umujyi w’amagare, twakundaga umupira ariko warabishye ntugikunzwe, ariko mu magare nta ruswa, mbese binyura mu kuri tukishima, amagare ntatubabariza imitima."
Umusore ukiri muto witwa Kageruka, aho yari ategereje amagare ku bitaro bya Gisenyi ngo arebe uko amagare yinjira mu mujyi yatangarije Kigali Today ko yahagaritse akazi kugira ngo abanze arebe uko amagare atambuka.
Agira ati ; "Ntabwo njya nsiba kureba irushanwa ry’igare ryaje mu Karere ka Rubavu, n’iyo mfite akazi nsaba uruhushya ariko nkayareba."
Kageruka avuga ko amagare iyo yaje mu Karere ka Rubavu bibasigira inyungu kuko uretse ibyishimo, ngo n’ubucuruzi buriyongera.
Ati "Nk’ubu urabona ko hari abantu benshi biyongereye mu mujyi, kandi uko baza ni ko bakenera serivisi zitandukanye zirimo kurya, kunywa no kuruhuka, abafite utubari barinjiza, abatwara abagenzi na bo barinjiza, ibi ni ibintu byiza ku batuye Umujyi wa Gisenyi."
Abandi baganiriye na Kigali Today bavuga ko Akarere ka Rubavu gafite ubunararibonye mu gukunda amagare kuko habarizwa ikipe ikina irushanwa ry’amagare yitwa Benediction, abaturage bakavuga bagomba kuza kuyishyigikira.
Bamwe mu bafite amahoteli mu Mujyi wa Gisenyi bavuga ko irushanwa ry’amagare risiga ribinjirije kuko abari mu irushanwa n’abariherekeza babarirwa mu magana bakenera aho kuruhukira, ibyo kurya no kunywa.
Kwakira irushanwa ry’amagare mu Mujyi wa Gisenyi bijyana no kwamamaza serivisi zitandukanye, abantu benshi bakaza kureba amagare no kureba serivisi zigezweho.
Mu irushanwa ry’amagare rya 2020 mu Mujyi wa Gisenyi habaye n’ibikorwa byo gupima ku buntu indwara y’umwijima no gutanga udukingirizo, aho kuva iyo serivisi yatangira mu gitondo, saa sita yari imaze gupima indwara y’umwijima abantu 200, benshi bakavuga ko ari amahirwe batari kubona iyo bataza kureba irushanwa ry’amagare.
Inkuru zijyanye na: Tour du Rwanda 2020
- Abakobwa b’uburanga muri Tour du Rwanda 2020 (Amafoto)
- Bafite impano mu gusiganwa ku magare ariko ngo babuze amikoro
- U Rwanda rurahabwa amahirwe yo kwakira isiganwa ry’amagare ku rwego rw’Isi
- RESTREPO VALENCIA Jhonatan yegukanye agace ke ka gatatu muri Tour du Rwanda (Amafoto)
- Amagare: Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda
- Tour du Rwanda 2020: Ryoherwa n’amafoto y’amagare mu muhanda Rusizi-Rubavu
- Bifuza kwakira kenshi imikino ibazanira amafaranga nk’iy’amagare
- Burera: Hagiye kuba isiganwa ryo gushaka abafite impano mu mukino w’amagare
- Tour du Rwanda 2020: Huye-Rusizi ni agace k’imisozi itohagiye
- Tour du Rwanda: RESTREPO VALENCIA Jhonatan yegukanye agace Huye-Rusizi
- Tour du Rwanda 2020: Uko byari byifashe kuva i Kigali kugera i Huye (Amafoto)
- Abakinnyi 10 bitezweho kuryoshya Tour du Rwanda 2020
- Yevgeniy Fedorov wa Vino-Astana Motors ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020 (Amafoto)
- Abacuruzi bagiye kongera kungukira amamiliyoni muri Tour du Rwanda
- Tour du Rwanda izatwara umugabo isibe undi - FERWACY
- Aya mazina y’Abanyarwanda yaramenyekanye cyane muri Tour Du Rwanda
- Abahanzi bazasusurutsa Tour du Rwanda bamenyekanye
- Dore ibyiza ubona ku nzira ya Tour du Rwanda (Amafoto)
Ohereza igitekerezo
|