Team Rwanda yatangiye imyitozo itegura shampiyona nyafurika y’amagare (AMAFOTO)

Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye imyitozo yo gutegura shampiyona nyafurika y’amagare izabera mu Misiri mu kwezi gutaha

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare batangiye imyitozo, aho bari gutegura shampiona y’umukino w’amagare izabera mu Misiri guhera tariki 02 kugera 06/03/2021.

Abakinnyi ba Team Rwanda batangiye imyitozo
Abakinnyi ba Team Rwanda batangiye imyitozo

Imyitozo y’uyu munsi yibanze kukwimenyereza ugusiganwa buri muntu ku giti cye (Individual Time Trial), aho bizaba ari bimwe mu bigize iyi shampiyona. Mu mwaka wa 2018 ubwo iyi shampiyona yaberaga mu Rwanda, Nsengimana Jean Bosco na Areruya Joseph begukanye imidari.

Abakinnyi bahamagawe mu myitozo y’ikipe y’igihugu

Abagabo

Areruya Joseph (Benediction Ignite)
Mugisha Samuel (La Roche Vendee)
Nsengimana Jean Bosco (Akina ku giti cye)
Mugisha Moise (SACA)
Uhiriwe Byiza Renus ( Team Qhubeka Assos)
Habimana Jean Eric (SACA)
Muhoza Eric (Les Amis Sportifs)
Nzafashwanayo Jean Claude (Benediction Ignite)

Abakobwa

Ingabire Diane (Benediction)
Nzayisenga Valentine (Benediction)
Irakoze Neza Violette (Benediction)
Tuyishime Jacqueline (Benediction)
Mukashema Josiane (Benediction)

Ingimbi

Tuyizere Etienne (Benediction)
Mugabo Hussein (Fly Club)
Iradukunda Valens (Twin Lakes)
Niyonkuru Samuel (Les Amis Sportifs)

Biteganyijwe ko u Rwanda ruzahagararirwa n’abakinnyi 14 muri iyi shanpiyona izabera mu Misiri, bakazahaguruka mu Rwanda tariki ya 28/2/2021, mu gihe irushanwa ryo rizatangira tariki 02/03/2021.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka