Murenzi Abdallah ni we utorewe kuyobora Ferwacy

Mu matora ya Komite Nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare yabaye kuri iki Cyumweru, Murenzi Abdallah ni we utorewe kuba Perezida mu gihe cy’imyaka ibiri

Nyuma yo kwegura kwa Komite Nyobozi ya Ferwacy byari byabaye mu minsi mike ishize, kuri iki Cyumweru habaye inteko rusange yahuje abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, ngo hatorwe indi komite nshya.

Murenzi Abdallah wigeze kuyobora akarere ka Nyanza akanaba Perezida wa Rayon Sports, yari umukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida, aho yaje gutorwa n’amajwi icyenda ku icumi y’abanyamuryango batowe.

Visi Perezida wa mbere yabaye Mukazibera Marie Agnes, ku mwanya wa Visi perezida wa kabiri hatorwa Nkuranga Alphonse, mu gihe Umunyamabanga mukuru yabaye Sekanyange Jean Leonard watsinze Niyonzima Gildas bari bahanganye kuri uwo mwanya, naho umubitsi yabaye Ingabire Assia.

Muri aya matora kandi hanatowe Abajyanama, aho abatowe ari Me Bayisabe Irenee n’amajwi 8/10, Karambizi Rabin Hamim n’amajwi6/10 ndetse na Karama Geoffrey n’amajwi 6/10.

Komite nyobozi nshya ya Ferwacy
Komite nyobozi nshya ya Ferwacy
Visi Perezida wa mbere yabaye Mukazibera Marie Agnes
Visi Perezida wa mbere yabaye Mukazibera Marie Agnes
Visi perezida wa kabiri hatowe Nkuranga Alphonse
Visi perezida wa kabiri hatowe Nkuranga Alphonse
Umunyamabanga mukuru yabaye Sekanyange Jean Leonard
Umunyamabanga mukuru yabaye Sekanyange Jean Leonard
Ingabire Assia yatorewe kuba umubitsi
Ingabire Assia yatorewe kuba umubitsi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka