La Tropicale Amissa Bongo: Uwizeyimana Bonaventure ku mwanya wa gatatu mu gace ka kabiri

Ikipe y’ u Rwanda ikomeje kwitwara neza mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo rizenguruka igihugu cya Gabon aho Uwizeyimana Bonaventure arangije agace ka kabiri ari ku mwanya wa gatatu inyuma y’umutaliyani Bonifazio Niccolo wa Dirrect Energie n’igihangange Andre Greipel wa Arkéa Samsic.

Uwizeyimana Bonaventure yegukanye umwanya wa gatatu muri Etape ya kabiri
Uwizeyimana Bonaventure yegukanye umwanya wa gatatu muri Etape ya kabiri

Ni umunyarwanda wa kabiri wongeye kuzamuka kuri podium mu minsi ibiri irushanwa rimaze ritangiye. Munyaneza Didier ku munsi wa mbere yaje ku mwanya wa gatatu ku rutonde rusange nyuma y’agace ka mbere.

Agace ka kabiri kakinwe kuri uyu wa kabiri ni ko karekare kurusha utundi mu irushanwa ry’uyu mwaka aho abakinnyi basiganwe ku ntera y’ibirometero 170 kuva Franceville kugera Okondja.

Umukinnyi Mugisha Samuel ni umwe mu bakinnyi bamaze igihe kinini bari imbere muri aka gace gusa ikivunge cyari kirimo Bonifazio Niccolo watwaye agace ka mbere na Andre Greipel watsinze uduce 11 muri Tour de France cyaje kubafata habura ibirometero umunani ngo bagere ku murongo.

Isiganwa rirakomeza kuri uyu wa gatatu hakinwa agace ka gatatu kuva Léconi kugera Franceville ku ntera y’ibirometro 100.

Batatu bitwaye neza kuri Etape ya kabiri na batatu bari imbere y'abandi muri rusange
Batatu bitwaye neza kuri Etape ya kabiri na batatu bari imbere y’abandi muri rusange
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kumagare Abanyarwanda tubar’inyuma kandi bazabiko turabyizeyerwose.

Hyacinthe yanditse ku itariki ya: 26-01-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka