Emile Bintunimana yegukanye isiganwa Nyagatare-Rwamagana

Bintunimana Emile ukinira Benediction y’I Rubavu niwe wegukanye isiganwa ry’amagare ryaturutse I Nyagatare rigasorezwa I Rwamagana kuri uyu wa gatandatu

Ku I saa tatu za mu gitondo mu mujyi wa Nyagatare,nibwo abakinnyi 32 bakina mu makipe 6 abarizwa mu ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda bahagurutse berekeza I Rwamagana ku ntera y’ibilomtero 165, mu isiganwa riterwa na Cogebanque ndetse na Skol.

Abakinnyi 32 mbere yo guhaguruka
Abakinnyi 32 mbere yo guhaguruka
Valens Ndayisenga mbere yo guhaguruka
Valens Ndayisenga mbere yo guhaguruka

Aba bakinnyi bahagurutse batorohewe n’ikirere cyarangwaga n’imvura,ndetse yaje no kuba nyinshi ubwo basatiraga umujyi wa Rwamagana,ndetse yagiye ituma hari na bamwe mu bakinnyi bagiye bagira impanuka zoroheje zaterwaga no kunyerera,gusa ntibyabaciye intege kuko bose babashije kurirangiza.

Bacungana......
Bacungana......
Aba bageragezaga kugenda imbere y'abandi
Aba bageragezaga kugenda imbere y’abandi

Kuva mu mujyi wa Nyagatare,abakinnyi bose bakomeje kugendana,gusa bageze mu bice bya bya Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo,Karegeya Jeremie ukinira Ciné Elmay, na Claude Uwizeye ukinira Amis Sportifs baje gucomoka abandi bakinnyi maze bakomeza kuyobora abandi.

Abafana bategereje uwa mbere i Rwamagana
Abafana bategereje uwa mbere i Rwamagana

Ubwo bari batangiye gusatira ikiyaga cya Muhazi berekeza mu mujyi wa Kayonza,aba bakinnyi babbiri bari basize abandi baje gushyikirwa n’igikundi cy’abandi bakinnyi bose bari babari inyuma,kugeza ubwo binjiraga mu mujyi wa Rwamagana ari naho Emile Bintunimana yaje gutangira kugenda imbere kugeza asoje irushanwa ari uwa mbere.

Emile Bintunimana wasesekaye i Rwamagana ari uwa mbere
Emile Bintunimana wasesekaye i Rwamagana ari uwa mbere
Bageze mu mujyi wa Kayonza
Bageze mu mujyi wa Kayonza

Abakinnyi batanu ba mbere

1. Bintunimana Emile
2. Ndayisenga Valens
3. Nsengimana Bosco
4. Ruhumuriza Abraham
5. Byukusenge Patrick

Valens Ndayisenga yaje ku mwanya wa kabiri
Valens Ndayisenga yaje ku mwanya wa kabiri
Arishimira intsinzi ya mbere muri Rwanda Cycling Cup
Arishimira intsinzi ya mbere muri Rwanda Cycling Cup

Biteganijwe ko nyuma y’iri siganwa ryabaye kuri uyu wa gatandatu,aba bakinnyi bose bongera guhatana kuri iki cyumweru aho bahaguruka mu mujyi wa Rwamgana ku I Saa tatu berekezaq mu karere ka Huye

Sammy IMANISHIMWE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka