Cyling Cup irasorezwa muri Kigali kuri iki cyumweru

Amarushanwa ya Cycling Cup y’uyu mwaka arasozwa kuri iki Cyumweru, hakinwa irushanwa rya nyuma rizatangirira rinasorezwe kuri Stade Amahoro rinyuze i Nyamata.

Cyckinga Cup ni n'umwanya mwiza wo kwitegura Tour du Rwanda
Cyckinga Cup ni n’umwanya mwiza wo kwitegura Tour du Rwanda

Aya marushanwa ngarukamwaka ya Cycling Cup agiye gusozwa hakinwa isiganwa ryiswe “Final Race”, rizitabirwa n’amakipe y’umukino w’amagare umunani abarizwa mu Rwanda rikazakinwa mu byiciro bitandukanye birimo abagab, ingimbi n’abakobwa.

Amarushanwa ya Cycling Cup yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (Ferwacy), mu rwego rwo kongerera amarushanwa n’ubunararibonye abakinnyi by’umwihariko abadakina mu ikipe y’igihugu batabasha kwitabira amsiganwa menshi mpuzamahanga.

Abagabo bazasiganwa ku ntera ya kilometero159,3 aho bazahaguruka kuri Stade Amahoro i Remera berekeze i Nyamata banyuze Kicukiro bakomeze i Nemba bakatire Ramiro bagaruke mu mujyi wa Kigali.

Basoze bazengukura inshuro eshatu umuhanda wa Stade Amahoro- Kimironko – Kibagabaga – Nyarutarama – Rdb – Stade Amahoro.

Gasore Hategeka wegukanye isiganwa riheruka rya Race for Culture niwe ufite amanota n'amahirwe menshi yo kwegukana Cycling Cup
Gasore Hategeka wegukanye isiganwa riheruka rya Race for Culture niwe ufite amanota n’amahirwe menshi yo kwegukana Cycling Cup

Abakombwa n’ingimbi bo bazasiganwa berekeza i Nyamata bakatire Ramiro ubundi bagaruke basoreze kuri Stade Amahoro ku ntera y’ibirometero 105,4. Amasiganwa yose azatangira saa Tatu za mu gitondo.

Umukinnyi Gasore Hategeka wa Nyabihu Cycling Club wegukanye agace gaheruka ka Race for Culture, niwe ufite amanota menshi nyuma y’amasiganwa arindwi amaze gukinwa kugeza ubu. Afite n’amahirwe menshi yo kwegukana Cycling Cup ya kabiri mu mateka ye nyuma yo kuyegukana muri 2016.

Amakipe umunani azakina irushanwa risoza Cycling Cup:

Fly Cycling Club, Benediction Club, Cycling Club For All, Karongi Vision Sport Center, Muhazi Cycling Generation, Nyabihu Cycling Team, Les Amis Sportifs na Kigali Cycling Club.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka