Areruya na Team Rwanda bakiriwe nk’intwari i Kanombe (Video)

Areruya Joseph hamwe n’ikipe y’igihugu y’abatwara amagare bagarutse mu Rwanda, aho basanze imbaga y’abafana n’abayobozi babategereje ku kibuga cy’indege i Kanombe.

Areruya Joseph atambagizwa mu bice bya Kanombe-Giporoso-Remera
Areruya Joseph atambagizwa mu bice bya Kanombe-Giporoso-Remera

Areruya yakoze amateka aba Umunyarwanda wa mbere wegukanye isiganwa ry’amagare rya “ La Tropicale Amissa Bongo” ryaberaga muri Gabon.

Yatangaje ko yishimiye uko igihugu n’Abanyarwanda muri rusange bamushyigikiye. Ariko avuga ko iyo abo bakinanaga batahaba ntaho yari kugera.

Yagize ati “Ndanezerewe cyane. Nshimishijwe nuko nsanze Abanyarwanda banshyigikiye. Binyeretse ko igihugu cy’u Rwanda gifite umutima ukunda kandi ushyigikira amagare.”

Ababyeyi be bari babukereye kumwakira
Ababyeyi be bari babukereye kumwakira

Areruya wanegukanye isiganwa rya Tour du Rwanda 2017, yavuze ko yizeye ko iyi ntsinzi izamwongerera imbaraga n’ishyaka ryo kugana ku nzozi afite zo kuzakina Tour de France.

Mu mafoto Areruya Joseph na Team Rwanda uko bakiriwe

Ababyeyi be bari babukereye kumwakira
Ababyeyi be bari babukereye kumwakira

Andi mafoto menshi wakanda HANO

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

turamwishimiye alelluya hamwe nikipe muri rusange kuko ibyo bakoze ni umuco nyarwanda kujya kurugamba ukazana itsinzi mwifurije ihirwe ubutaha nukujya tour de france.murakoze

david bizimana yanditse ku itariki ya: 23-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka