Areruya Joseph na Team Rwanda batsindiye gukina Tour de France y’abakiri bato

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 itsindiye itike yo kuzakina Tour de France y’abatarengeje imyaka 23, nyuma yo kwegukana isiganwa ryaberaga muri Cameroun

Ryari isiganwa ryahuzaga amakipe y’abaterengeje imyaka 23, rizwi ku izina rya Tour de l’Espoir ryari ribaye bwa mbere, rikaba ryahuzaga ibihugu byo muri Afurika ndetse na Vietnam nayo yari yitabiriye iri rushanwa.

Ikipe y'u Rwanda iri muri Cameroun yongeye kwerekana ko abanyarwanda bateye imbere muri uyu mukino
Ikipe y’u Rwanda iri muri Cameroun yongeye kwerekana ko abanyarwanda bateye imbere muri uyu mukino

Ku munsi wa mbere w’iri siganwa, abakinnyi bakinnye bazenguruka umujyi wa Douala, aho umunyarwanda waje ku mwanya wa mbere ari Areruya Joseph waje ku mwanya wa gatanu, aho yarushwaga amasegonda 29 n’umunya-Eritrea wari uwa mbere ari we MEBRAHTOM Natnael.

Ku munsi wa kabiri, abasiganwa bavuye Idenao bagaruka Douala, aho umunyarwanda waje imbere ari UKINIWABO Jean Paul Rene waje ku mwanya wa kabiri, aho yanganyaga ibihe n’uwa mbere, naho Areruya Joseph aza ku mwanya wa gatandatu.

Mugisha Samuel wegukanye agace ko kuri uyu wa Gatandatu
Mugisha Samuel wegukanye agace ko kuri uyu wa Gatandatu

Ku munsi wa gatatu, hari kuri uyu wa Gatandatu, aho isiganwa ryabereye mu mujyi wa Yaounde, aho abanyarwanda baje kongera kwigaragaza maze Mugisha Samuel yegukana aka gace abaye uwa mbere, akurikirwa na Areruya Joseph wahise unambara umwenda w’umuhondo wambarwa n’umuntu uza imbere ku rutonde rusange.

Mugisha Samuel na Areruya Joseph basanzwe banakinana muri Dimension data yo muri Afurika y'epfo, bitwaye neza kuri uyu wa Gatandatu
Mugisha Samuel na Areruya Joseph basanzwe banakinana muri Dimension data yo muri Afurika y’epfo, bitwaye neza kuri uyu wa Gatandatu
Areruya Joseph yahise yambara "Maillot jaune" kuri uyu wa Gatandatu
Areruya Joseph yahise yambara "Maillot jaune" kuri uyu wa Gatandatu

Kuri iki cyumweru ni bwo hakinwaga agace ka nyuma k’iri siganwa, aho abakinnyi bahagurutse ahitwa Akono bagaruka Yaounde, aho bakoze intera ingana na Kilometero 71.5, aho Areruya Joseph yasoje aka gace ari uwa kane ariko asoza isiganwa ari we wa mbere muri rusange.

Muri iri siganwa, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yasoje isiganwa ari yo iri ku mwanya wa mbere, akaba ari nayo izahagararira umugabane w’Afurika mu isiganwa ryitwa Tour de l’Avenir (Tour de France y’abakiri bato).

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

birashimishije

severin yanditse ku itariki ya: 5-02-2018  →  Musubize

U Rwanda rubaye ubukombe mumukino wo gusiganwa ku amagare

SEZERANO JEAN de Dieu yanditse ku itariki ya: 5-02-2018  →  Musubize

Abanyarwanda tujye dufata iya mbere mu kwishimana n’abaduserukira nk’intore

Frank Bamwanga yanditse ku itariki ya: 5-02-2018  →  Musubize

Wooowwww byiza aba basore bakoze cyane

Bertrand yanditse ku itariki ya: 4-02-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka