Amwe mu mafoto meza yaranze Tour du Rwanda mu bihe bitandukanye

Harabura iminsi 30 ngo isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda" ngo ritangire

Tariki 02/05/2021 ni bwo mu Rwanda hazatangira isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda, bivuze ko kuri iyi tariki 02/04 hasigaye ukwezi kuzuye (iminsi 30) ngo isiganwa ritangire.

isiganwa ry’uyu mwaka rizaba mu buryo budasanzwe bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, aho abakinnyi bazajya basiganwa ariko buri mu nsi bagataha mu mujyi wa Kigali, ibi bikazatuma iri siganwa ritagera mu duce dusanzwe tumenyerewe nka Rubavu.

Umwe mu mwihariko iri siganwa rirusha andi masiganwa, ni umubare w’abafana benshi barikurikirana aho riba rinyura ku mihanda itandukanye y’u Rwanda, gusa kuri iyi nshuro hakazaba hari amabwriza yihariye arimo gusiga intera ya mtero hagati y’abafana.

Aya ni amwe mu mafoto meza yaranze Tour du Rwanda mu myaka yatambutse

Uburyohe bwa Tour du Rwanda bugaragara no mu mafoto
Uburyohe bwa Tour du Rwanda bugaragara no mu mafoto
Mu biranga Tour du Rwanda harimo amagana n'amagana y'abafana bayikurikira aho inyura hose
Mu biranga Tour du Rwanda harimo amagana n’amagana y’abafana bayikurikira aho inyura hose
Abagera kuri 80 ni bo baba bahatanaTour du Rwanda
Abagera kuri 80 ni bo baba bahatanaTour du Rwanda
Mu bice bihingwamo icyayi cy'u rwanda cyamamaye ku isi naho Tour du Rwanda irahanyura
Mu bice bihingwamo icyayi cy’u rwanda cyamamaye ku isi naho Tour du Rwanda irahanyura
Imisozi y'u Rwanda ibereye ijisho
Imisozi y’u Rwanda ibereye ijisho
Nyabugogo, agace kagaragaramo abakunzi benshi b'umukino w'amagare
Nyabugogo, agace kagaragaramo abakunzi benshi b’umukino w’amagare
Muri Pariki ya Nyungwe, Tour du Rwanda naho irahagera
Muri Pariki ya Nyungwe, Tour du Rwanda naho irahagera
Uyu mwaka abafana ntibazemererwa kwegerana nk'uko byari bisanzwe
Uyu mwaka abafana ntibazemererwa kwegerana nk’uko byari bisanzwe

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka