Ku munsi wa mbere wa shampiyona ya Afurika y’amagare iri kubera i Cairo mu Misiri, yatangiye hakinwa icyiciro cyo gusiganwa harebwa igihe amakipe yakoresheje.
Mu cyiciro cy’ingimbi (abagabo batarengeje imyaka 18) bakoze intera ya Kilometero 28, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Iradukunda Valens, Niyonkuru Samuel, Mugabo Hussein na Tuyizere Etienne, rwasoje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Algeria.
Uko ibihugu byakurikiranye
1 Algeria 41:19
2 Rwanda 41:42
3 South Africa 42:00
4 Egypt 43:17
5 Morocco 44:30
6 Burundi 56:18
Mu cyiciro cy’abagore, u Rwanda rugizwe na Ingabire Diane, Mukashema Josiane, Nzayisenga Valentine na Tuyishimire Jacqueline, rwaje ku mwanya wa kabiri rukirikiye Afurika y’Epfo yegukanye umudari wa zahabu.
Uko bakurikiranye
1. Afurika y’Epfo 44:38
2 Rwanda 49:09
3 Ethiopia 50:07
4 Morocco 54:13
Mu bagabo, u Rwanda ruhagarariwe na Areruya Joseph, Habimana Jean Eric (wasimbuye Mugisha Samuel kubera uburwayi), Mugisha Moïse na Nsengimana Jean Bosco, naho baje kwegukana umwanya wa kabiri.
Uko ibihugu byakurikiranye
1 Afurika y’Epfo 55:55
2 Rwanda 58:00
3 Algeria 58:04
4 Morocco 1:00:43
5 Kenya 1:02:21
6 Burkina Faso 1:04:42
7 Egypt 1:07:13
8 Tanzania 1:08:58
9 Benin 1:13:31
10 Sudan 1:21:58
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|