Uwizeyimana yegukanye umwanya wa 3 mu Banyafurika bitabiriye ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka igihugu cya Gabon ryiswe ‘La Tropicale Amissa Bongo’, Umunyarwanda Uwizeyimana Bonaventure yegukanye umwanya wa gatatu mu bakinnyi b’Abanyafurika ubwo basiganwaga mu gace ( etapes) ka gatatu ku wa gatatu tariki ya 15/1/2014.

Uwizeyimana w’imyaka 21 usanzwe akorera imyitozo muri Afurika y’Epfo, ku rutonde rw’abakinnyi bose abato n’abakuru, yaje ku mwanya wa 12, naho Umubiligi Jans Roy aza ku mwanya wa mbere.

Uwizeyimana Bonaventure waje imbere mu Banyarwanda.
Uwizeyimana Bonaventure waje imbere mu Banyarwanda.

Muri iryo siganwa, undi Munyarwanda Nsengimana Jean Bosco, wegukanye umwanya wa mbere mu Banyarwanda muri Tour du Rwanda ya 2013, aho muri Gabon naho yigaragaje, maze ayobora isiganwa kuva ritangiye kugeza kuri kilometero 100 n’ubwo nyuma yaje kunanirwa bakamunyuraho.

Uko kugenda aza ku isonga, byamuhesheje amanota menshi, ndetse anegukana igihembo cy’umukinnyi witwaye neza mu gace ka mbere k’ahazamuka (meilleur grimpeur).

Ku rutonde rw’amakipe, ikipe y’u Rwanda yaje ku mwanya wa karindwi, iza ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’amakipe yo muri Afurika.

Nsengimana Jean Bosco yigaragaje cyane muri iryo siganwa.
Nsengimana Jean Bosco yigaragaje cyane muri iryo siganwa.

Isiganwa ‘La Tropicale Amissa Bongo’ ryitabiriwe n’amakipe 15 harimo akina nk’ayabigize umwuga yo ku mugabane w’Uburayi na Amerika ndetse amwe muri yo akaba ajya anitabira isiganwa ‘Tour de France’ rya mbere ku isi kugeza ubu.

Muri iryo siganwa u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi batandatu Hadi janvier, Uwizeyimana Bonaventure, Gasore Hategeka, Ndayisenga Valens, Biziyaremye Joseph na Nsengimana Jean Bosco.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nibyiza ko igihugu cyacu kimenyekana muri afrika nokwisi hose bityo sport yacu ikagira agaciro

munyembabazi j.bosco yanditse ku itariki ya: 17-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka