Umunyarwandakazi agiye kwerekeza mu busuwisi mu kigo Ndayisenga yitorejemo

Nyuma y’ubuhanga yagaragaje mu mikino nyafurika iri kubera muri Afurika y’epfo, umunyarwandakazi Girubuntu Jeanne d’Arc yasabiwe kujya kwitoreza mu busuwisi.

Nyuma y’aho uyu mukobwa w’imyaka 19 atwariye umwanya wa gatanu ku wa gatanu tariki ya 13/02/3015, Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi (UCI) ryamaze gusaba ko Girubuntu Jeanne d’Arc yerekeza mu kigo cya UCI kiri mu Busuwisi gifasha abakinnyi bafite impano gutera imbere kibaha imyitozo igezweho, ari naho umukinnyi Ndayisenga Valens wegukanye Tour du Rwanda umwaka ushize yari amaze iminsi mike avuye kwitoreza.

Girubuntu ugiye kwerekeza mu Busuwisi kwitorezayo.
Girubuntu ugiye kwerekeza mu Busuwisi kwitorezayo.

Kuri uyu wa gatanu, Pietermaritzburg mu ntara ya KwaZulu-Natal muri Afurika y’epfo habaye isiganwa (road race/course en ligne) ku bakobwa bakuru (elite) bagera kuri 30 baturutse mu bihugu 15 byari bihagarariwe muri iki cyiciro.

Iri siganwa ribanziriza iryanyuma ryatangiriye mu gace kitwa Wartburg saa tatu n’igice (09:30) za mu gitondo aho abakinnyi basiganwe ku ntera ireshya n’ibirometero 104.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Girubuntu Jeanne d’Arc wegukanye umwanya wa gatanu. Nubwo yahagereye rimwe n’umukinnyi wa kane bombi bakoresheje 3:11:35., yaje kurangiza ku mwanya wa gatanu.

Girubuntu ahanganye n'ababigize umwuga.
Girubuntu ahanganye n’ababigize umwuga.

Umutoza w’ikipe y’igihugu Jonathan ’Jock’ Boyer yishimiye cyane uko Girubuntu yitwaye dore ko we yakinnye ari umwe nyamara abandi bari gukina ari benshi bagafashanya nk’ikipe.

Jonathan boyer yagize ati “Jeanne D’Arc yitwaye neza cyane, iyi ni intambwe ikomeye ku mukino w’amagare mu rwego rw’abagore ku gihugu cy’ u Rwanda, afite imbaraga, afite ubushobozi kimwe n’abanyafurika y’epfo bamuje imbere, icyo akeneye ni ubunararibonye mu marushanwa, ndizera kandi ko agiye kubera abandi bakobwa urugero kuko yerekanye ko iyo mpano no mu banyarwandakazi ihari”.

Yarangije isiganwa ari uwa gatanu.
Yarangije isiganwa ari uwa gatanu.

Uyu mutoza kandi yanakomeje avuga ko ari kuganira n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi (UCI) kugira ngo abe yakwerekeza mu busuwisi aho na Valens Ndayisenga yitoreje.

“Navuganye na UCI aho badusabye ko Jeanne D’Arc yazagenerwa amahugurwa muri kiriya kigo kiri mu busuwisi ari naho Valens Ndayisenga yitoreje,” Jonathan Boyer

Aya marushanwa arasozwa ku wa gatandatu hasiganwa abakinnyi bakuru mu bagabo (elite men) aho u Rwanda ruraba ruhagarariwe n’abakinnyi umunani aribo Adrien Niyonshuti (MTN-Qhubeka), Ndayisenga Valens, Hadi Janvier, Biziyaremye Joseph, Uwizeyimana Bonaventure, Byukusenge Patrick, Nsengimana Jean Bosco na Bintunimana Emile.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

ni ibyo kwishimirwa aho uyu munyarwandakazi yerekanye ubuhanga mu kunyonga igare kandi tunasaba Imana ngo akomeze aheshe u Rwanda ishema

gashumba yanditse ku itariki ya: 14-02-2015  →  Musubize

Girubuntu yitwaye neza natwe turabyishimuye . kabisa nishimiye gahunda yo kumuha promotion yimyitozo .erega Abanyarwanda tuzi uko twabayeho ninayo mpamvu tuzi kwideburiya icyo dukoze tugashyira umwete. wao d’arc courage !!duheshe agaciro

Samuel barthez yanditse ku itariki ya: 14-02-2015  →  Musubize

Girubuntu yitwaye neza natwe turabyishimuye . kabisa nishimiye gahunda yo kumuha promotion yimyitozo .erega Abanyarwanda tuzi uko twabayeho ninayo mpamvu tuzi kwideburiya icyo dukoze tugashyira umwete. wao d’arc courage !!duheshe agaciro

Samuel barthez yanditse ku itariki ya: 14-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka