Team Rwanda yageze i Kigali n’imidari itatu

Bamwe mu bakinnyi bagize ikipe y’u Rwanda yari iri muri Shampiona y’Afurika yaberaga muri Maroc bageze mu Rwanda nyuma yo guhesha ishema u Rwanda

Ku i Saa munani z’amanywa nibwo bamwe mu bakinnyi bavuye i Cassablanca muri Maroc ahaberaga shampiona y’Afrika mu mukino w’amagare,amarushanwa yatangiye taliki ya 21/02 kugera taliki 26/02/2016.

Valens Ndayisenga wegukanye umudari wa zahabu
Valens Ndayisenga wegukanye umudari wa zahabu
Bageze i Kanombe barangajwe imbere n'umutoza Johnattan Jock Boyer
Bageze i Kanombe barangajwe imbere n’umutoza Johnattan Jock Boyer

Muri aya marushanwa u Rwanda rwegukanye umudari wa Zahabu,umudari wegukanywe na Valens Ndayisenga mu batarengeje imyaka 23 mu gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye (Individual Time Trial),imidari ibiri ya Silver yegukanywe na Girubuntu Jeanne d’Arc wabaye uwa kabiri mu bakobwa,ndetse na Jean Claude Uwizeye wegukanye umwanya wa kabiri mu batarengeje imyaka 23 mu gusiganwa mu muhanda (Road race).

Valens Ndayisenga
Valens Ndayisenga

Abandi bakinnyi batagarutse mu Rwanda,bakaba bahise berekeza muri Algeria ahagomba kubera andi marushanwa azwi ku izina rya Grand Tour d’.mu gihe abo bakinnyi bagiye ari Patrick Byukusenge , Joseph Areruya, Joseph Biziyaremye, Jeremie Karegeya na Jean Claude Uwizeye,amarushwanwa azatangira taliki ya 04 kugera taliki 28/03/2016

Andi mafoto

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka