Team Rwanda yageze i Kigali ivuye muri Algeria-Amafoto

Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yageze i Kigali ivuye muri ALgeria aho yanegukanye rimwe mu masiganwa agize Grand tour d’Algerie

Kuri uyu wa gatatu taliki ya 30/03/2016,ahagana ku i saa Cyenda z’amanywa,nibwo abasore batandatu bari bahagarariye u Rwanda mu marushanwa yari amaze hafi ukwezi abera muri Algeria bari basesekaye ku kibuga cy’indege.

Iyi kipe,ikaba yarabashije kwitwara neza muri kiriya gihugu kirangwa n’umuyaga mwinshi,aho umunyarwanda Areruya Joseph yanabashije kwegukana isiganwa ryitwa Circuit International de Constantine ,aho yabaye uwa mbere asize umukurikiye umunota umwe n’amasegonda 25,akaba ari na rimwe mu masiganwa icumi agize Grand tour d’Algerie.

Amafoto y’aba basore basesejkara i Kanombe

Uhereye ibumoso:Jean Claude Uwizeye,Mugisha Samuel,Biziyaremye Joseph,Patrick Byukusenge na Karegeya Jeremie
Uhereye ibumoso:Jean Claude Uwizeye,Mugisha Samuel,Biziyaremye Joseph,Patrick Byukusenge na Karegeya Jeremie
Baganira uko urugendo rwagenze
Baganira uko urugendo rwagenze
Jean Claude Uwizeye nawe wagiye aza mu nyanya y'imbere hariya muri Algeria
Jean Claude Uwizeye nawe wagiye aza mu nyanya y’imbere hariya muri Algeria
Mugisha Samuel yatangaje ko n'ubwo yagiriyeyo uburwayi yahigiye byinshi
Mugisha Samuel yatangaje ko n’ubwo yagiriyeyo uburwayi yahigiye byinshi
Umutoza Johnattan Boyer ashimira Karegeya Jeremie uko bitwaye
Umutoza Johnattan Boyer ashimira Karegeya Jeremie uko bitwaye
Areruya Joseph wanikiye abandi muri Circuit International de Constantine
Areruya Joseph wanikiye abandi muri Circuit International de Constantine

Iyi kipe ivuye muri Algeria ikaba yari yitabiriye amarushanwa yakinwe kuva taliki ya 04 kugera taliki ya 28/03/2016,mu marushanwa akubiyemo amasiganwa 10,ikipe yari igizwe na Patrick Byukusenge, hakazamo kandi Joseph Areruya , Joseph Biziyaremye , Jeremie Karegeya, Jean Claude Uwizeye ndetse n’umukinnyi ukiri muto Samuel Mugisha.

Amafoto:Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

iyi nkuru ntiyuzuye kuko ntabwo mwatubwiye imyanya bagize

munyaneza jean Damascene yanditse ku itariki ya: 31-03-2016  →  Musubize

abo bana burwanda bakomereze who natwe tubari inyuma

xaverine yanditse ku itariki ya: 31-03-2016  →  Musubize

Courage basore bacu

Baptizoo yanditse ku itariki ya: 31-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka