Sterling yagizwe umutoza mukuru wa Team Rwanda

Mu gihe habura amezi hafi atatu ngo isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi ku izina rya Tour du Rwanda ngo ritangire,ubu hamaze gushyirwaho umutoza uzaba utoza iyo kipe ariwe Sterling Magnell

Sterling Magnell,w’imyaka 32 wahoze ari umukinnyi wabigize umwuga,ubu niwe wagizwe umutoza mushya w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, akazaba ariwe mutoza mukuru (Head Coach) muri Tour du Rwanda aho azafatanya na Jonathan ‘Jock’ Boyer hamwe na Sempoma Felix.

Sterling niwe uzatoza Team Rwanda muri Tour du Rwanda 2015
Sterling niwe uzatoza Team Rwanda muri Tour du Rwanda 2015

Ubusanzwe mbere ya Tour du Rwanda, Team Rwanda ishaka umutoza ufasha abandi kuko u Rwanda ruba rufite amakipe atatu,iyo Tour du Rwanda irangiye aragenda hanyuma Jock usanzwe ari technical director akongera akaba umutoza mukuru.

Sterling Magnell w'imyaka 32
Sterling Magnell w’imyaka 32

Sterling agiye gutoza bwa mbere,kuva yagera mu Rwanda ,ikipe izerekeza mu isiganwa rya Tour Do Rio (Brazil) rizatangira tariki ya 26 Kanama rigasozwa tariki ya 30 Kanama.

Iyi kipe izaba igizwe n’abakinnyi batandatu aribo Hadi Janvier,Biziyaremye Joseph,Nsengimana Bosco,Aleluya Joseph,Hakuzimana Camera na Byukusenge Patrick.Aba bakinnyi bazabanza basiganwe muri Western Circuit mbere yo kwerekeza muri Brazil mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 23 Kanama 2015.

Yabaye umukinnyi wabigize umwuga,aha yakinaga muri Sierra Nevada
Yabaye umukinnyi wabigize umwuga,aha yakinaga muri Sierra Nevada

Amwe mu makipe uyu mutoza yagiye akinamo:

2009 - Rock Racing
2009 - Rock Racing
2008 - Rock Racing
2008 - ROCK RACING
2007 - Rock Racing
2006 - Toyota - United Pro Cycling Team
2005 - Team Monex
2004 - Sierra Nevada Cycling
2003 - Sierra Nevada - Clif Bar Cycling Team

Sammy IMANISHIMWE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka