Perezida Kagame muri Tour du Rwanda, ibyishimo by’abafana (Bimwe mu byaranze isiganwa)

Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gutangiza agace ka nyuma k’isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda rizwi nka Tour du Rwanda, riherutse gusozwa mu Rwanda. Ubwo bwitabire bw’Umukuru w’Igihugu ni kimwe mu bikorwa byarushijeho gushimisha abakurikiranye iri siganwa ry’amagare.

Ni isiganwa ryakinwaga ku nshuro ya 14 kuva ryaba mpuzamahanga, rikaba ari ubwa kane ryakinwaga kuva ryava ku gipimo cya 2.2 rikajya kuri 2.1, aho muri iyo myaka ine nta munyarwanda urongera kuryegukana.

Ni isiganwa ryabaye ryiza ku Banyarwanda ugereranyije n’imyaka itatu yari ishize, aho nta munyarwanda wari warigeze yegukana agace na kamwe, ubu Mugisha Moise akaba yarabaye uwa mbere wegukanye agace ka mbere aho yegukanye agace ka munani ari na ko ka nyuma kasoje isiganwa.

Perezida Kagame yitabiriye isiganwa

Byari ibyishimo ku bakinnyi b’uyu mukino, ubwo babonaga Perezida wa Repubulika aje gutangiza agace ka nyuma ka Tour du Rwanda, aho nka Mugisha Moise nka nyuma yo gutwara agace yavuze ko byabanejeje cyane, bikazanatuma umwaka utaha bitwara neza kurushaho

Yagize ati “Mu by’ukuri sinakubeshya ni ubwa mbere nari mbonye Perezida. Nkimubona nahise mvuga nti ok,araje nta kibazo. Reka tumugaragarize nk’Abanyarwanda ko natwe duhari, ko imbaraga ze aduha natwe dushobora kuzikoresha neza. Mu minsi ishize twabonye amagare meza kurushaho, mu mwaka utaha bizaba ari umuriro”

Perezida Kagame yaje gutangiza agace ka nyuma ka Tour du Rwanda
Perezida Kagame yaje gutangiza agace ka nyuma ka Tour du Rwanda

Mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira shampiyona y’isi mu mwaka wa 2025, u Rwanda rwongeye kwerekana ko ari Igihugu gikunda uyu mukino w’amagare, dore ko aho abasiganwa banyuraga hose bakirwaga n’umubare munini w’abafana kuva ku mwana kugera ku muntu mukuru.

Ni isiganwa ryari ritandukanye cyane na Tour du Rwanda 2021, aho yabaye hakiri umubare munini w’abandura COVID-19, byatumye hashyirwaho ingamba zatumaga nta bafana bamerewe kujya aho isiganwa ritangirira n’aho risorezwa.

Mu mafoto, irebere uko isiganwa ryari rimeze cyane cyane ku bafana b’uyu mukino kuva ku munsi wa mbere kugeza ku wa nyuma.

Nyabugogo, agace kagaragaramo abakunzi benshi b'umukino w'amagare baba buriye imiturirwa
Nyabugogo, agace kagaragaramo abakunzi benshi b’umukino w’amagare baba buriye imiturirwa
AHo isiganwa rinyura habaga hari abiteguye kuyobora amagare n'imodoka biganjemo aba "Youth Volunteers"
AHo isiganwa rinyura habaga hari abiteguye kuyobora amagare n’imodoka biganjemo aba "Youth Volunteers"
Abakuru n'abato bose babaga bategereje kwihera ijisho uko abakinnyi barinyuka
Abakuru n’abato bose babaga bategereje kwihera ijisho uko abakinnyi barinyuka
Dore ifoto! Amafoto meza ni umwihariko wa Tour du Rwanda
Dore ifoto! Amafoto meza ni umwihariko wa Tour du Rwanda
Bahagaze ahirengeye batiza umurindi abakinnyi
Bahagaze ahirengeye batiza umurindi abakinnyi
Yazanye umwana ngo nawe akurikire uko igare rinyongwa
Yazanye umwana ngo nawe akurikire uko igare rinyongwa
Dore akanyamuneza!
Dore akanyamuneza!
Ati ni aho ni aho...
Ati ni aho ni aho...
Nawe yahagaze ahirengeye yifatira amashusho y'uko isiganwa rigenda, azajya abyiyibutsa
Nawe yahagaze ahirengeye yifatira amashusho y’uko isiganwa rigenda, azajya abyiyibutsa
Yarirutse ngo arirebe iminota ihagije, ariko uko bigaragara ntiyabaye myinshi
Yarirutse ngo arirebe iminota ihagije, ariko uko bigaragara ntiyabaye myinshi
Imiturirwa yo mu mijyi itandukanye, yari imyanya y'icyubahiro yo gukurikiraniramo irushanwa
Imiturirwa yo mu mijyi itandukanye, yari imyanya y’icyubahiro yo gukurikiraniramo irushanwa
Iyi foto igaragaza ubwiza bw'u Rwanda, yafatiwe mu gace kahariwe inganda (Special Economic Zone)
Iyi foto igaragaza ubwiza bw’u Rwanda, yafatiwe mu gace kahariwe inganda (Special Economic Zone)
Mu gihe cy'imvura, bitwikiraga umutaka ariko ntibatangwe
Mu gihe cy’imvura, bitwikiraga umutaka ariko ntibatangwe
Yitwa Nkudamatch w'i Kirinda, aha yari yabaye Nkudigare w'i Kigali
Yitwa Nkudamatch w’i Kirinda, aha yari yabaye Nkudigare w’i Kigali
Ababyeyi bari baje gushyigikira abana....
Ababyeyi bari baje gushyigikira abana....
Baparitse imodoka bazifashisha mu gukurikirana igare
Baparitse imodoka bazifashisha mu gukurikirana igare
I Musanze, hamaze kuba ubukombe mu gukunda igare
I Musanze, hamaze kuba ubukombe mu gukunda igare
Waba uhagaze imbere cyangwa inyuma, ibyishimo by'uyu mukino bikugeraho
Waba uhagaze imbere cyangwa inyuma, ibyishimo by’uyu mukino bikugeraho
Bifashishije igare kugira ngo barebe igare
Bifashishije igare kugira ngo barebe igare
Abajya n'abava ku murimo, babanza kwirebera uko abakinnyi bahatana
Abajya n’abava ku murimo, babanza kwirebera uko abakinnyi bahatana
Imodoka zaraparikaga, bamwe bakajya bagafata 'Videos"
Imodoka zaraparikaga, bamwe bakajya bagafata ’Videos"
Babaye bahagaritse akazi ngo babanze bihere ijisho
Babaye bahagaritse akazi ngo babanze bihere ijisho
Akaradiyo ku gutwi, imineke ku mutwe, amaso yayahanze igare
Akaradiyo ku gutwi, imineke ku mutwe, amaso yayahanze igare
Shema Maboko Didier, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo yitegerezaga ibyo umufana Rwarutabura arimo
Shema Maboko Didier, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo yitegerezaga ibyo umufana Rwarutabura arimo
Rujugiro ufana APR FC, Rwarutabura ufana Rayon, isiganwa ntibarirebaga mu nda nsa!
Rujugiro ufana APR FC, Rwarutabura ufana Rayon, isiganwa ntibarirebaga mu nda nsa!
Aragira ati mukomereze aho
Aragira ati mukomereze aho
Ngayo nguko
Ngayo nguko
Ati kabisa!
Ati kabisa!
Ubuhanga bw'unyonga igare, iyo bwahuye n'ubuhanga bw'ufotora biba mahwi
Ubuhanga bw’unyonga igare, iyo bwahuye n’ubuhanga bw’ufotora biba mahwi
Nyabugogo nk'ibisanzwe!
Nyabugogo nk’ibisanzwe!

AMAFOTO: Niyonzima Moise

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka