Nsengimana Bosco na Hadi Janvier basinye mu ikipe yo mu Budage

Nyuma yo kwitwara neza akegukana Tour du Rwanda 2015,Nsengimana Jean Bosco na Hadi Janvier bamaze gusinya umwaka muri Bike Aid yo mu Budage

Abakinnyi babiri b’abanyarwanda babimburiye abandi gusinya mu makipe yabigize umwuga yo hanze y’Afrika,abo nu Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda 2015,na Hadi Janvier wari Kapiteni wa Team Kalisimbi.

Nsengimana Jean Bosco na Hadi Janvier
Nsengimana Jean Bosco na Hadi Janvier
Nsengimana Jean Bosco nyuma yo kwegukana Tour du Rwanda,atangiye kubona umusaruro
Nsengimana Jean Bosco nyuma yo kwegukana Tour du Rwanda,atangiye kubona umusaruro
Nsengimana Jean Bosco yarigaragaje muri Tour du Rwanda ya 2015,yegukana uduce 2 ndetse na prologue
Nsengimana Jean Bosco yarigaragaje muri Tour du Rwanda ya 2015,yegukana uduce 2 ndetse na prologue
Hadi Janvier nawe agiye kwerekeza mu Budage
Hadi Janvier nawe agiye kwerekeza mu Budage

Aba bakinnyi ubu bamaze gusinya amasezerano y’umwaka mu ikipe yabigize umwuga (continental) yo mu gihugu cyo mu Budage,ikipe kandi isanzwe ikinamo umukinnyi Debesay Mekseb watowe nk’umunyafrika witwaye neza mu mwaka wa w014.

Nsengimana Jean Bosco na Maman we
Nsengimana Jean Bosco na Maman we
Nsengimana Jean Bosco werekeje muri Bike Aid
Nsengimana Jean Bosco werekeje muri Bike Aid
Nsengimana Bosco
Nsengimana Bosco
Hadi Janvier amaze kuba ubukombe mu marushanwa yo mu Rwanda no muri Afrika
Hadi Janvier amaze kuba ubukombe mu marushanwa yo mu Rwanda no muri Afrika

Usibye Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda,Hadi Janvier nawe yakoze andi mateka muri uyu mwaka yegukana umudari wa zahabu mu mikino nyafrika (All Africa games)

Abakinnyi b'u Rwanda barimo Hadi Janvier na Nsengimana Jean Bosco bitwaye neza muri All Africa games
Abakinnyi b’u Rwanda barimo Hadi Janvier na Nsengimana Jean Bosco bitwaye neza muri All Africa games
Abakinnyi b'u Rwanda bamaze iminsi bigaragaza ku ruhando mpuzamahanga
Abakinnyi b’u Rwanda bamaze iminsi bigaragaza ku ruhando mpuzamahanga
Hadi Janvier aha yari amaze kwanikira abandi mu isiganwa Race for culture (Nyungwe-Nyanza)
Hadi Janvier aha yari amaze kwanikira abandi mu isiganwa Race for culture (Nyungwe-Nyanza)

Kugeza ubu Hadi Janvier ku rutonde rukorwa n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi (UCI) ari ku mwanya wa 10 muri Africa naho Nsengimana Jean Bosco uri no ku rutonde rw’abakinnyi 20 bazatoranywamo umukinnyi wa mbere muri Africa 2015,ari ku mwanya wa 13 ku rutonde rwa UCI muri Africa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Good mutekereze nejo hazaza kuko abo bari gusaza kandi bibaye byiza byahoraho iteka

Joe yanditse ku itariki ya: 12-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka