Ngororero: Bategereje irushanwa amatsiko Tour du Rwanda

Abakunzi b’imikino cyane isiganwa ry’amagare bo mu karere ka Ngororero, baravuga ko bategereje kongera kureba umukino rukumbi babasha kwirebera imbonankubone.

Kuri uyu wa kane tariki 19 Ugushyingo 2015, abasiganwa muri Tour du Rwanda baranyura muri aka karere mu rugendo rusorerzwa mu karere ka Nyanza.

Bamwe bakurikira kuri radio aho bigeze.
Bamwe bakurikira kuri radio aho bigeze.

Habimana Justin, umwe mu baturage bo muri aka karere, avuga ko bishimira Tour du Rwanda, kuko ari ryo rushanwa ryonyine abahatuye babasha kubona, kuko nta yindi mikino mpuza makipe ku rwego rw’ababigize umwuga ihagera.

yagize ati "Iyo iba imara igihe kirekire tukirebera nubundi niryo siganwa batuzaniye aha ryonyine."

Sa moya za mugitondo bari bahageze bategereje ko amagare ahanyura.
Sa moya za mugitondo bari bahageze bategereje ko amagare ahanyura.
Ikirere kibuditse imvura gishobora kuza kuba imbogamizi.
Ikirere kibuditse imvura gishobora kuza kuba imbogamizi.

Abaturiye umuhanda n’abandi bakora imirimo itandukanye irimo gutwara abagenzi ku magare, bavuga ko biteguye gufana ikipe y’u rwanda, kuko bazi ko irimo kwitwara neza.

Kuva saa moya n’igice z’igitondo hagiye hagaragaraga abaturage mu dutsiko bahagaze ku nkengero za kaburimbo, bategereje amagare ko atambuka.

Hamwe na hamwe umuhanda warangiritse.
Hamwe na hamwe umuhanda warangiritse.
Ugizwe n'amakorosi menshi.
Ugizwe n’amakorosi menshi.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ni iraguha jean cloude i kigali kicukiro rwanda nibyiza ko tour du rwanda yajyihora iba kuko itezimbere abanyarwanda muri rusange

IRAGUHA, JEAN CLOUDE yanditse ku itariki ya: 19-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka