Nyuma yo gutsinda ikipe ya Sunrise bagasanga ikipe ya Mukura ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, buri mukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports yemerewe agahimbazamusyi ka 700,000Frw, nibaramuka begukanye iki gikombe.
Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro Rayon ifashijwe na Sefu na Kevin itsinze Sunrise 2-0 isanga Mukura ku mukino wa nyuma.
Julian Hellmann yongeye guhesha ikipe ya Embrace the World intsinzi ubwo yatwaraga etape ya gatanu ya Tour du Rwanda muri sprint i Rubavu.
Ikipe ya Rayon Sports yafatiwe ibihano na CAF birimo ihazabu y’amafaranga n’ibihano byo gusiba imikino Nyafurika iri imbere ku bakinnyi bayo batatu ari bo Yannick Mukunzi ,Christ Mbondi n’Umuzamu Ndayisenga Quassim nyuma y’imirwano yakurikiye umukino wayihuje na USM ALGER.
Team embrace the World yongeye kubona intsinzi muri Tour du Rwanda 2018 binyuze ku Munyamerika Rugg Timothy watsindiye i Karongi kuri etape ya kane.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data yegukanye agace ka Kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Mujyi wa Huye.
Umunya Algeria Azzedine Lagab ukinira ikipe ya Groupement Sportif des Pétroliers yo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda kakiniwe i Rwamagana.
Mu mikino ya FEASSSA biteganijwe ko izabera mu Rwanda guhera taliki ya 10 kugeza 20 Kanama 2018, Minisiteri y’Uburezi yahagurikiye ikibazo cy’amanyanga avugwa mu bigo by’Amashuri bitira abakinnyi ahandi.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda FERWACY, ryamaze gushyira ahagaragara aho irushanwa rya Tour du Rwanda 2018 rizamara icyumweru rizanyura. Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe burakangurira buri Munyarwanda kuzarikurikirana ari nako bashyigikira amakipe atatu ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa
Ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu zamaze gutumizwa na Ferwafa ngo zisobanure ikibazo zagonganiyemo cya Ambulance.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugera muri Algeria inahakorera imyitozo, aho yasanze USM Alger nayo yakajije imyitozo irimo n’iy’ingufu.
Taliki ya 04 Kanama , u Rwanda rurakira ibihangange mu mukino wa Triathlon mu mikino y’Igikombe cy’Afurika izabera mu karere ka Rubavu.
Ni umukino wa kabiri wa kamarampaka muri Basketball wabereye kuri Petit Stade i Remera aho REG yabonye intsinzi y’amanota 73-65.
Mu mikino isoza CECAFA y’abagore yaberaga mu Rwanda, Kenya yatsinze u Rwanda, Tanzania inyagira Ethiopia
Mu marushanwa Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 18 ari kubera mu gihugu cya Algerie, Umunezero Jovia umukobwa umwe, wari uhagarariye u Rwanda mu cyiciro cyo kurwana (Kumite), abaye uwa kabiri yegukana umudari wa Feza (Argent).
Mu marushanwa Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 18 ari kubera mu gihugu cya Algerie, Niyitanga Halifa wari uhagarariye u Rwanda mu cyiciro cyo kurwana (Kumite), yegukanye umudari wa Gatatu ( Bronze cyangwa Umuringa), atsinze uwitwa Obissa David wo muri Gabon.
Ikipe ya APR FC yabonye itike ya ½ mu gikombe cy’amahoro aho yasezereye ikipe ya Police FC iyitsinze ibitego 3 ku busa, mu mukino wo kwishyura wabereye kuri stade Amahoro.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda rimaze gushyira ahagaragara abakinnyi bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2018.
Mu mukino w’umunsi wa gatatu wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, u Rwanda rwanganyije na Uganda ibitego 2-2.
Ikipe y’akarere ka Gisagara mu mukino wa Volleyball, ayaraye imurikiye abatuye Gisagara ibikombe iheruka kwegukana muri uyu mwaka w’imikino wa 2017/2018
Marines Fc ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Ishimwe Christian, ku mupira waturutse muri koruneri ukamusanga inyuma y’urubuga rw’amahina, maze atera ishoti rikomeye umunyezamu Kassim ntiyamenya aho umupira unyuze.
Rutahizamu wa Musanze Fc Wai Yeka, yerekeje mu ikipe yitwa Alliance FC yazamutse mu cyiciro cya mbere muri Tanzania
Mu mukino wa kabiri wa CECAFA y’abagore iri kubera mu Rwanda, Ethiopia inyagiye Amavubi ibitego 3-0, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Rugambwa Jean Baptiste wari umuyobozi akaba n’umutoza wa Les Amis Sportif, imwe mu makipe yo gusiganwa ku magare yo mu Karere ka Rwamagana, yahitanywe n’impanuka kuri iki cyumweru
Munyaneza Didier uherutse kwegukana shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yashimangiye imbaraga ze muri iyi minsi yegukana irushanwa rya nyuma ritegura Tour du Rwanda ryatangiriye i Karongi rigasorezwa i Rubavu.
Nsengimana Bosco ukinira ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu yabaye uwa mbere mu isiganwa rya mbere ritegura Tour du Rwanda ryavaga i Musanze ryerekeza i Karongi rinyuze i Rutsiro.
Mu mukino warebwe n’abafana benshi, ikipe ya Patriots yigaranzuye REG muri Playoffs iyitsinze amaseti 63-58.
Mu mukino ubanza wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, APR Fc inganyije na Police Fc 0-0 mu mukino wabereye Kicukiro.