Eric Bertrand Bailly ukinira ikipe ya Manchester United na Côte d’Ivoire yageze i Kigali aho aje gukina n’Amavubi
Etame Mayer Lauren utegerejwe mu ruzinduko mu Rwanda ku munsi w’Ejo, Aho yoherejwe na Arsenal mu gikorwa cyo Kwita Izina , ni umwe mu babaye muri ruhago bafite ubuzima bwihariye aho avukana n’Abana 21.
Muri Tombola yabaye uyu munsi i Cairo mu Misiri, Rayon Sports ihagarariye u Rwanda itomboye Enyimba Fc yo mu gihugu cya Nigeria
Mu marushanwa Nyafurika y’ingimbi ndetse n’abakuru (Junior & senior) yaberaga mu Rwanda, Ndutiye Shyaka Maic Umunyarwanda wakinnye mu batarengeje ibiro 53, yatsinze umunya Misiri ku mukino wa Nyuma, ahita yegukana umudari wa Zahabu.
Amakipe ya banki ya Kigali (BK) muri Volleyball, Basketball n’Umupira w’Amaguru yegukanye ibikombe mu marushanwa ahuza banki zo mu Rwanda.
Manishimwe Djabel ukinira Rayon Sports, aratangaza ko kugeza ubu abona Rayon Sports airo kipe abona ikomeye mu Rwanda, ari nayo yifuza gukinira kugeza ubu
Mu mukino wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun umwaka utaha, Amavubi na Cote d’Ivoire bazasifurirwa n’abasifuzi bo muri Namibia
Umutoza Ibrahim Camara utoza Côte d’Ivoire yahamagaye urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba gutegura umukino bazahuriramo n’u Rwanda ariko ntibarimo Gervinho,Yaya Toure na Winfred Zaha.
Ikipe ya Rayon Sports yaraye itsinze Yanga Africans yo muri Tanzania igitego 1-0, byayihesheje itike yo gukina 1/4 cy’irushanwa rya Confederation Cup.
Ikipe ya Rayon Sports itsindiye ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania igitego 1-0, biyihesha amahirwe yo kugera muri 1/4 cy’irushanwa rya Confederation Cup.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 29 Kanama 2018, Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yakiriye Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Karate ku isi Antonio Espinos.
Ku mukino uzahuza Rayon Sports na Yanga, Rwatubyaye Abdul niwe yagizwe kapiteni wa Rayon Sports
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ikaba yahageze ku masaha atunguranye ugereranije n’amasaha yari yatangajwe mbere
Bwa mbere mu mateka, ibihugu birenga 20 byo muri Afurika bigiye kwitabira irushanwa ry’Afurika rizabera mu Rwanda guhera ku wa Kabiri tariki ya 28 Kanama 2018.
Bugesera Fc yasinye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete ya Safe Gas, ikazayiha Milioni 180 Frws mu myaka itanu.
Seninga Innocent wari usanzwe atoza Musanze Fc, yagizwe umutoza mushya wa Bugesera Fc mu gihe cy’umwaka umwe.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 muri basketball yatsinze ikipe ya Tunisia amanota 62 kuri 58 mu marushanwa nyafurika y’ingimbi ari kubera muri Mali.
U Rwanda rwegukanye intsinzi ikomeye imbere ya Algeriya mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izahangana na Ethiopia mu mukino wa kimwe cya kabiri cy’imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi iri kubera muri Tanzania.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi batangiye kwitegura Côte d’Ivoire
Ubwo Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent, yahamagaraga ikipe y’Igihugu yitegura umukino wa Cote d’Ivoire mu majonjora y’Igikombe cy’Afurika 2019, yahamagaye abakinnyi 32 n’abandi 40 b’abasimbura.
Igitego Eric Rutanga yatsinze Gor Mahia mu mpera z’iki cyumweru, CAF yagishyize mu bitego bitanu byiza bya CAF Confederation Cup byatsinzwe kuri iki cyumweru
Umutoza mushya w’Amavubi Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 32 bitegura umukino wo gushaka itike ya CAN 2019 na Cote d’Ivoire anerekana abo bazakorana mu myaka ibiri iri imbere.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho igiye gukina irushanwa rya Colorado Classic ritangira uyu munsi ahitwa Vail muri Colorado.
Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.
Nyuma yo kubura amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, Mukura Victory Sports yihimuye kuri Rayon Sports yegukana igikombe cy’amahoro kuri penaliti 3-1.
Mugisha Samuel w’imyaka 20 yatwaye Tour du Rwanda 2018, nyuma yo gusoza etape ya 8 ku mwanya wa 8 asizwe amasegonda 6 na Azzedine Lagab wayitwaye i Nyamirambo.
David Lozano wabaye uwa 65 mu isiganwa rya Milan-San Remo muri Werurwe uyu mwaka, yatwaye etape ya 7 yasorejwe mu mujyi wa Kigali rwagati.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ikipe ya AS Kigali iri mu nzira zo guhagarikirwa inkunga yahabwaga n’Umujyi wa Kigali nyuma yo kudatanga umusaruro yari yitezweho.