Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka kirimo gutegura ikoranabuhanga rizatuma ibiri ku gishushanyo mbonera bireberwa kuri telefone hirindwa abakora ibinyuranyije na cyo.
Hari abantu bataramenya ko telefoni zigendanwa, igihe zititondewe zishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima bw’abantu, cyane cyane ubw’abana kuko baba bagifite amagufa yoroshye kandi bagikura.
Mu myaka y’1998 n’2000 bamwe mu bari mu Rwanda bavuganye na Kigali Today bemeza ko ari bwo iterambere ry’ikoranabuhanga mu itumanaho ryatangiye gusakara mu banyarwanda. Ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefoni ngendanwa, mudasobwa na interineti byatangiye kuba nkenerwa mu mibereho ya buri munsi, dore ko byishimiwe na benshi (…)
Sosiyete yo muri Nigeria yamaze kwegeranya ibyangombwa byose ku buryo mu byumweru bibiri izaba yatangije ikoranabuhanga rishya mu Rwanda, rizafasha abakoresha Gaz kujya bayigura bakoresheje mobile money, ibyo bikazakemura ikibazo cy’iyangirika ry’amashyamba riterwa n’abacana inkwi.
Bitarenze 2018 moto zose zitwara abagenzi zizajya zishyurwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya Mobile Money, mu rwego rwo gukomeza guca ihererekanya mafaranga mu ntoki.
Isosiyete y’itumanaho ya Bharti Airtel yamaze gutangaza ko yaguze bidasubirwaho Tigo Rwanda, isosiyete y’itumanaho imaze imyaka umunani ikorera mu Rwanda.
Abishyuzwa n’abishyura Parikingi z’imodoka baravuga ko banyuzwe n’uburyo bushyashya bwo kwishyuza amahoro ya parikingi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya E-Pariking.
Ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda bakomeje guhanga ibintu bishya byafasha leta kugera ku bukungu bwifashisha ihererekanya mafaranga mu koranabuhanga.
Direct Pay Online Group sosiyete yo muri Afurika y’Epfo yaciye agahigo bwa mbere muri Afurika ko guhabwa icyemezo cy’ubuziranenge mu gutanga serivise zo kwishyura hifashsishijwe ikoranabuhanga.
Ibihugu byibumbiye mu muryango Smart Africa byiyemeje kugabanya ibiciro by’itumanaho ku bantu bakorera ingendo muri ibyo bihugu, bityo ubuhahirane bworohe.
Abasore babiri b’Abanyarwanda, Theophile Nsengima na Anselme Mucunguzi, bakoze progaramu (Application) bise “Yoyote” ifasha abantu kumva indirimbo Nyarwanda kuri telefoni bifashishije internet.
Leta yahembye urubyiruko rwakoze programu za telefone zifasha abaturage gutanga ibirego, iyo batanyuzwe na servisi bahabwa mu nzego z’ibanze.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana atangaza ko hari amahirwe ubukungu bw’igihugu bugira kubera ubwiyongere mu gukoresha ikoranabuhanga.
Sosiyete y’itumanaho ya Tigo, yatangije uburyo bwo gukoresha interineti yihuta ya 4G muri telefoni zigendanwa zizwi nka Samsung Ace J1.
Bamwe mu bafatabuguzi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN bo mu karere ka Kayonza bavuga ko babangamirwa n’indirimbo zizwi ku izina rya Caller Tunes zumvwa n’umuntu ubahamagaye, bitewe n’uko izo ndirimbo baba batarazisabye kandi rimwe na rimwe ngo ntibamenya ko zahujwe n’imirongo [nomero] bakoresha.
Nubwo terefone zizwi mu gufasha abantu mu itumanaho bikoroshya akazi, abakozi bakorera mu karere ka Gicumbi baravuga ko kuvugira kuri terefone umwanya munini bituma hadatangwa servise nziza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera ngo bafite ikibazo cy’itumanaho rya telefone ritameze neza kubera ko mu duce dutandukanye two muri uwo murenge nta rezo ya telefone ihagera.
Abaturage bo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi nyuma yo kumurikirwa umunara wa Tigo ngo bagiye kujya bahamagara biboroheye ndetse banagure ibikorwa byabo by’ubucuruzi babashe kwiteza imbere.
Mu gihe akarere ka Nyamasheke kashyizeho uburyo abayobozi bose bashobora gutamanaho ku buryo bworoshye bikihutisha akazi, bamwe mu bayobozi batuye mu mirenge ya Nyabitekeri na Karambi, bari barahejwe kuri iri tumanaho bahuriraho (user group) ngo baba bagiye gusubizwa.
Abaturage batuye mu kagari ka Rutabo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kubaho badakoresha itumanaho uko bikwiye bitewe nuko agace batuyemo katabamo umunara n’umwe w’isosiyete zikorera mu gihugu rwagati.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-East) rivuga ko rishishikajwe no kwigisha abanyeshuri imyuga itandukanye irimo n’ikoranabuhanga rigezweho.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwandacell, yagiranye amasezerano n’indi icuruza ikoranabuhanga ryo kureba televiziyo mu buryo bugezweho, Star Times; ko uwifuza kugura ikarita yo kureba televiziyo zitandukanye zo ku isi ashobora kwifashisha amafaranga afite kuri konti ye ya mobile money.
Ikigo cyitwa BETTER THAN CASH Alliance gikorana n’Umuryango w’abibumbye, kirifuza ko mu Rwanda hatezwa imbere guhererekanya amafaranga hakoreshejwe telefone, ku buryo ngo atari ngombwa gukoresha amafaranga mu kugura ibintu no kwishyurana, aho Leta n’ibindi bigo ngo bihombera mu ihererekanya ry’amafaranga anyuzwa mu ma banki.
Ikigo cy’itumanaho cya Tigo cyamaze kumvikana na banki KCB ko ubu umukiliya wabo agiye kuzajya yihitiramo ikimworoheye mu gukoresha konti ya banki akoresheje telefoni ndetse n’umukiliya wa Tigo cash akaba yakoresha amafaranga ye anyuze mu byuma ATM bya banki KCB.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yumvikanye na Banki za KCB na I&M Bank (yahoze yitwa BCR), ko umuntu ufite telefone irimo amafaranga kuri mobile money, ubu ashobora kuyabikuza yegereye icyuma gitanga amafaranga (ATM) cya I&M; ndetse akaba anashobora kohereza no kubikuza amafaranga kuri konti za KCB.
Sosiyete ya MTN yashyiriyeho abakiriya bayo bakoresha imbuga nkoranyambaga nka WhatsApp, Twitter na Facebook uburyo bwo kwisanzura bakoresheje amafaranga atarengeje igiceri cya 50 ku munsi.
Banki ya I&M Bank igiye gutangiza uburyo buzwi nka mVisa bukoresha telefoni mu guhererekanya amafaranga no kwishyura serivisi zitandukanye. Ubu buryo buzakoreshwa no ku bindi bigo bitari amabanki mu rwego rwo koroshya ihererekanya mafaranga.
Ukudahuza kw’amasosiyete acuruza itumanaho mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biracyabangamiye ubwisanzure bw’abaturage mu guhamagarana, kuko ibiciro bigihanitse ariko hashyizweho ingamba zo guhuza imikoranire ibigo bicuruza itumanaho muri aka karere.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo rurahamagarirwa gukoresha ikoranabuhanga cyane cyane telephone mu bikorwa byo kwiteza imbere aho kuyikoresha mu kwidagadura gusa cyaangwa ibitabafitiye umumaro nko kuyitukaniraho n’ibindi.
Sosiyete y’itumanaho rya telefoni zigendanwa, Tigo yatangije uburyo bwo gufasha abakiri ba yo bo mu Rwanda na Tanzaniya kohereza no kwakira amafaranga.