Kubaruza SIM card byakozwe ku kigero cya 92.6%

Kuri sim card 6,596,005 zari ziri ku murongo mu Rwanda hose izigera kuri 6,110,138 nizo babashije kubarurwa kugeza tariki 31/07/2013. Bivuze ko sim card 485,867 zavanwe ku murongo.

Muri sim card 485,867 zavanwe ku murongo harimo 361,123 za MTN, 70,905 za TIGO na 53,839 za AIRTEL; nk’uko tubikesha itangazo ry’ikigo gishinzwe kugenzura imirimo (RURA).

MTN yari ifite sim card 3,647,588 ariko izabarujwe ni 3,286,465 bivuze ko byakozwe ku kigereranyo cya 90.1%. Muri Tigo byakozwe ku kigereranyo cya 96.4% kuko kuri sim card 1,994,468 habaruwe 1,923,563. Muri Airtel byakozwe ku kigeraranyo cya 94.4% kuko kuri sim card 953,949 habaruwe 900,110.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka