Airtel yaguze Tigo Rwanda

Isosiyete y’itumanaho ya Bharti Airtel yamaze gutangaza ko yaguze bidasubirwaho Tigo Rwanda, isosiyete y’itumanaho imaze imyaka umunani ikorera mu Rwanda.

Airtel yaguze Tigo Rwanda bidasubirwaho
Airtel yaguze Tigo Rwanda bidasubirwaho

Bharti Airtel, ikigo cy’itumanaho cy’Abahinde, igira iti “Bharti Airtel Limited yamaze kugirana amasezerano n’isosiyete y’itumanaho yitwa Millicom International Cellular S.A. (Millicom) azatuma Airtel Rwanda yegukana imigabane ingana na 100% ya Tigo Rwanda.”

Ibyo bivuze ko abakiliya ba Tigo mu Rwanda bazahita bakoresha umurongo wa Airtel Rwanda .

Ibyo bikazatuma Airtel Rwanda iba sosiyete y’itumanaho ya kabiri mu Rwanda ikomeye, yinjiza miliyoni zibarirwa muri 80 z’Amadolari ya Amerika (abarirwa muri miliyari 68Rwf).

Sunil Bharti Mittal, uyobora Bharti Airtel avuga ko kugura Tigo Rwanda biri mu rwego rwo kongera ingufu za Airtel mu Rwanda no kwigarura isoko ry’itumanaho muri Afurika.

Ikinyamakuru business-standard.com dukesha iyi nkuru, cyanditse ko Raghunath Mandava, umuyobozi wa Airtel muri Afurika ahamya ko kuba Airtel yaguze Tigo Rwanda isoko ry’itumanaho mu Rwanda rizabyungukiramo kuko ngo abantu bazaryoherwa n’umurongo wa Airtel na interineti yayo ya 3G na 4G ndetse na Airtel Money.

Tigo Rwanda yatangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2009. Ifite abafatabuguzi babarirwa muri miliyoni eshatu zirenga.

Airtel Rwanda yatangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2012. Kuri ubu ifite abafatabuguzi babarirwa muri miliyoni ebyiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 120 )

Nibyiza kuba airtel yaguze tigo ariko hamwe na mtn ntibatwigirizeho nkana kubera competition igabanutse.mubyukuri tigo yakoraga neza rero airtel ikomerezeho kdi igabanye ibiciro bya internet.

马大为ma dawei yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Dutegereje ibizakurikira ntakundi

Ngerero Etienne yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Abantu bakora tigocash biragenda gute?nkumuntu ufiteho amafranga ntazayabura?mutubarize

Habimana jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Nibyiza Rwose gusa birinde kwirukana abakozi bafatira ubushomeri ikindi bakore uko bashoboye bagabanye ibiciro by a zamega internets bongere iminara bizatuma bagira abakiriya benshi bamwe twava muri MTN tuyirimo kuko bagabanyije urugero mega 2000 zimara U kwezi urumvako ubu ninyungu abashaka natwe nizo dushaka

Niyotwasumani yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Ni byiza ko business yanyu igenda yaguka,ariko kandi nanone mwongere connection ya internet nibura mugeze ku rwego tigo yari igezeho.
Kandi mugabanye guhenda.

Gakwandhi John yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Ubu competition ntishize ntibagiye kuzajya baduteraterana nkagapira bo Na MTN

Kwizera yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Nibyaciro cyane kumva tigo yagunzwe ntakundi bibaho kndi bihangane

Barengayabo abdallah yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Ibyo ni sawa too. Ariko Internet yabo irahenda.

Ntawugashira Faustin yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Airtel iyigura MTN ahubwo kuko ifite imikorere mibi cyane urugero network yayo ntakigenda ushaka umuntu kuri 4ne ukamubura kandi atigeze ayifunga phone

Ntezimana sam kaka yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

nonehose tigo ntizonjyera gukora? ubwose abafite simcard za tigo zizavanywa kumurongo bizagenda gute?

NIRINGIYIMNA Emmanuel yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Mbegaaaa nibagure Mtn ahubwo kuko iratuzonze kuri network.

kwitonda yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Mtn niyo yambere hubwo kuri internet

Jules yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Ubuse sirabu kubantu bakoreshaga tigo cash kweri ubuse twakwizera duteko ntangaruka bizagira Ku mikorere ya tigo cash n’izindi services zose .

David yanditse ku itariki ya: 20-12-2017  →  Musubize

oya bazagure MTN niyo itagira Network byarayiyobeye!

Alias yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka