Minisiteri y’Umutungo Kamere n’Ibidukikije iratangaza ko igihembwe cyo gutera ibiti kizatangira mu mpera z’uku kwezi kizasiga hegitare ibihumbi 7 na 818 zitewe ibiti.
Mu Karere ka Nyanza hatewe ibiti 3500, mu gikorwa cyo gutangiza gahunda yo gutera miliyoni 100 z’ibiti ku isi mbere ya 2017.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwahagurukiye ikibazo cya ba rutwitsi bamaze kwangiza ubuso bw’amashyamba bwa hetari 45, bugakangurira abaturage kuba maso.
Abaturage bo mu mirenge ya Cyahinda na Nyagisozi mu karere ka Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’udusimba dumeze nk’inda twumisha amashyamba.
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biri kwiga uburyo byajya bibyaza umusaruro umutungo kamere w’ibimera, aho kugira ngo ibihugu byateye imbere ku isi abe ari byo biwutwarira ubuntu nibirangiza biwugurishe ku giciro cyo hejuru.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yatangaje ko mu gihembwe cy’amashyamba cya 2013-2014 mu Rwanda hazaterwa ingemwe z’ibiti miliyoni 32.
Akarere k’Amajyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Rwanda kagizwe n’uturere dutandatu tw’u Rwanda kagiye kubakwamo ishyamba ry’icyitegererezo (Foret Model), mu rwego rwo gufasha kwihutisha iterambere no gushyiraho uburyo burambye bwo gucunga amashyamba.
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanslas Kamanzi avuga ko kuba umukandara w’ishyamba utandukanya pariki y’igihugu ya Nyungwe n’abaturage hagamijwe kubungabunga ubusugire bwayo utasarurwaga byari igihombo gikomeye ku Rwanda.
Minisitiri w’umutungo kamere Kamanzi Stanislas tariki ya 09/08/2013yagiriye urugendo mu Karere ka Gicumbi, asura bimwe mu bikorwa byo kurwanya isuri by’umwihariko mu mirima y’abaturage akaba yarabasabye kurushaho gutera ibiti birwanya isuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko bufite ingamba zo kurushaho gufata neza amashyamba no kuyabyaza umusaruro ngo akomeze kwinjiriza abaturage ndetse n’akarere, asarurwa mu buryo buboneye kandi ibiyakomokaho bikagurishwa mu buryo bufite umurongo.
Minisitiri w’amashyamba n’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi arashima ibikorwa byo gutera amashyamba byakozwe n’Inkeragutabara mu karere ka Nyagatare.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bufashe icyemezo cyo guhagarika itemwa ry’amashyamba, abaturage barasaba ko bakomorerwa kuko ayo mashyamba abaha amafaranga bakeneye mu gukemura ibibazo bitandukanye.
Minisitiri w’umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi yifatanyije n’abatuye akarere ka Nyanza mu gutangiza igihembwe cyo gutera ibiti n’amashyamba, cyabereye mu murenge wa Rwabicuma kuri uyu wa Gatanu tariki 16/11/2012.
Uruganda rutunganya icyayi rwa Mulindi, ruherereye ahitwa ku Mulindi wa Byumba mu karere ka Gicumbi, rukenera inkwi nyinshi kugira ngo rushobore gutunganya imirimo yarwo, rutuma aka karere kaza mu turere dukunda guhura n’ikibazo k’inkwi.
Abaturage bo mu murenge wa Kinyababa akarere ka Burera barashimira uruhare rwa Police y’igihugu mu kubafasha kubungabunga ibidukikije batera amashyamba mu rwego rwo kubarinda isuri.
Ku munsi w’isabukuru ya 36 y’igiti mu Rwanda, minisitiri w’intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yafatanyije n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu, intara y’iburasirazuba hamwe n’ab’akarere ka Kirehe batera ingemwe z’ibiti zigera ku bihumbi 50 kuri hegitari zisaga 25 mu kagari ka Kiyanzi mu murenge wa Nyamugari.
Ku bufatanye bwa polisi y’igihugu n’izindi nzego z’umutekano zikorera muri wa Nyamiyanga mu karere ka Kamonyi, hatewe ibiti 3500 ku buso bungana na haegitari eshanu n’igice. Ibi biti byatwe mu muganda wabaye kuri uyu wa gatandatu, ahubakwa ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga. Abitabiriye uwo muganda basabwe kugira uruhare mu (…)
Mu Rwanda hatangiye gahunda nshya yo gutera ibiti hagamijwe kugera ku kigero cya 30% by’ubuso bw’igihugu buteye amashyamba nk’uko biteganyijwe mu mushinga w’ikerekezo 2020.
u Rwanda ruteganya vuba aha gutera ibiti bigera kuri miliyoni 67. Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’amashyamba n’umutungo kamere (MINIRENA) Caroline Kayonga, yabitangaje kuri uyu wa gatandatu ubwo yahaga ikiganiro abayobozi bo mu Karere ka Rwamagana mu ntara y’uburasirazuba.