Abataramanye na Perezida Kagame mu ijoro ry’Ubunani bizihiwe (AMAFOTO)

Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira iryo kuwa Mbere tariki 1 Mutarama 2018, Perezida Paul Kagame yakiriye abayobozi mu nzego zitandukanye zaba iza Leta n’izigenga, kugira ngo abasangize ku mwaka mushya.

Ni ibirori byaranzwe ni kwirekura ku bakunda gucinya akadiho, nk’uko by’umwihariko Perezida Kagame yabibasabye ubwo yafunguraga ibi birori ku mugaragaro.

Mu uturirwa wa Kigali Convention Center hari hateraniye abarenga 500 batumiwe, hanaturikirikijwe ibishashi bizwi nka ’Fireworks’ bikoreshwa mu kwizihiza ibirori.

Dore amwe mu mafoto yaranze iri joro:

Perezida yasabye abitabiriye ibi birori kwirekura
Perezida yasabye abitabiriye ibi birori kwirekura
Abenshi biganjemo urubyiruko nabo ntibamutengushye
Abenshi biganjemo urubyiruko nabo ntibamutengushye
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bafashe n'akanya ko kuzenguruka mu bari bitabiriye iki gitaramo babasuhuza
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bafashe n’akanya ko kuzenguruka mu bari bitabiriye iki gitaramo babasuhuza
Hafatiwe 'Selfies' zitagira uko zingana
Hafatiwe ’Selfies’ zitagira uko zingana
Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame banyuzagamo bakabyina nabo
Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame banyuzagamo bakabyina nabo
Perezida Kagame yagerageje asuhuza benshi bashoka
Perezida Kagame yagerageje asuhuza benshi bashoka
Ibirori byabereye mu nzu mberabyombi ya Kigali Convention Center
Ibirori byabereye mu nzu mberabyombi ya Kigali Convention Center
Babyinnye kugeza mu masaha yo mu rukerera
Babyinnye kugeza mu masaha yo mu rukerera

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo   ( 6 )

Kbsa byari byiza cyaneee, twahombye ko tutahabaye, ubutaha ntabwo azansinga pe nanjye nzaba mpari. Twifurije Perezida wa Repebulika y’U Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame na Madame we n’imfura cyaneee yampaye inka, tubifurije kuramba imyaka n’imyaka mubuzima buzira umuze kandi mboneyeho kubashimira mbikuye k’umutima uburyo twabanye neza mu mirimo bakorera igihugu cyacu. Imana ishobora byose izakomeze ibafashe muri byose

PeterUndoyeneza yanditse ku itariki ya: 3-01-2018  →  Musubize

Njye ndababaye ko batantumiye kandi First Lady yampaye inka, mbese niwe dufitanye igihango. Sinamutetereza ndamwirahira yampaye inka

PeterUndoyeneza yanditse ku itariki ya: 3-01-2018  →  Musubize

turabemera ni byiza

nzabihimana yanditse ku itariki ya: 2-01-2018  →  Musubize

Dushima cyaneeeee uburyo president Paul Kagame aba hafi yabanyarwanda mu buryo bwose mboneyeho no gutangaza kumugararagaro ko ari wambere uyoboye neza bihwanye nuko umutima wajye ushaka, kbs atuyobora neza

Eugene yanditse ku itariki ya: 1-01-2018  →  Musubize

Niba abantu bahoraga bishimye gutya!!It is fantastic.Imana nayo ihora yishimye nkuko tubisoma muli 1 Timote 1:11.Yaturemye ishaka ko natwe duhora twishimye.
Ariko kubera ko abantu nyamwinshi bakora ibyo imana itubuza,niyo mpamvu isi ifite ibibazo byinshi(intambara,sida,ubukene,ubusumbane,etc..)
Nkuko tubisoma muli Ibyahishuwe 17:31,imana yashyizeho umunsi w’imperuka.Kuli uwo munsi,izarimbura abantu bose bakora ibyo itubuza.Bisome muli Imigani 2:21,22.Abantu bazarokoka,bazaba mu isi nshya dusoma muli 2 petero 3:13,abandi bajye kuba mu ijuru rishya dusoma muli uwo murongo.Bityo abantu bumvira imana kandi bakayishaka bashyizeho umwete,bazahora bishimye,badasaza kandi badapfa.Nkuko Bible ivuga ahantu henshi,abantu bakora ibyo imana itubuza,hamwe n’abibera mu byisi gusa ntibashake imana bakiriho,ntabwo bazaba muli paradizo.Iyo bapfuye biba birangiye batazongera kubaho.Soma Abagalatiya 6:8.Tujye dukoresha ubuzima bwacu dushaka imana cyane.

kanakuze athanase yanditse ku itariki ya: 1-01-2018  →  Musubize

NDUMVA BYARI UMUNYENGA!! TUNYOTEWE NO KUBONA MUZEHE WACU ABYINA, ASEKA,YISHIMYE ,TUMWIFURIJE UMWAKA MUSHYA MUHIRE WUJE ISHYA N,IHIRWE MUBYO AKORA BYOSE!!!!!!!!!!

EMMY yanditse ku itariki ya: 1-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka