Impamvu zikomeye zituma umugore utwite adakwiye kunywa ku nzoga

Abagore batwite n’abateganya gutwita bakwiye kwirinda kunywa inzoga uko yaba ingana kose kugeza igihe umwana avukiye, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umwana utaravuka mu mikurire ye, ku bwonko ndetse no ku marangamutima ye akaba yahura n’ingorane zitandukanye.

Umugore utwite ntakwiye kunywa inzoga
Umugore utwite ntakwiye kunywa inzoga

Ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika “Emory”, bwagaragaje ko umugore utwite unywa inzoga bigira ingaruka ku bwonko, ku mutima, ku maso, ku matwi, amaguru, amaboko, amenyo ndetse no ku gitsina cy’umwana.

Uko intanga ikura niko inzoga ikwira hose bigatinza gukura k’umwana utaravuka ku buryo yagira ingaruka ku mubiri inyuma ndetse no ku bwenge.

Ingaruka umwana utaravuka ahura na zo mu gihe nyina anywa inzoga amutwite

  Umubyeyi unywa inzoga atwite ashobora gutuma umwana uri mu nda avukana ibiro bidahagije.

  Umwana ashobora kuvuka igihe kitageze.

  Umwana ashobora kuvukana ibibazo byo kutumva ndetse n’ikibazo cy’umutima .

  Umwana kandi ashobora kuvuka afite umutwe muto cyane

  Umwana ashobora kugira ingingo zimwe na zimwe zitakuze

Izindi ngorane umwana yahura na zo harimo kuba yibagirwa vuba, kunanirwa kwiga, gutinda kuvuga, ubwenge buri ku kigero cyo hasi ndetse no kuba atabasha gusobanura ibintu neza. Umwana agira imyitwarire itari myiza kandi nanone ashobora kigira ibibazo by’amagufa n’impyiko.

Umwana kandi ashobora kugira ibibazo byo mu mutwe, nko kurakara cyane no kwigunga. Ashobora no kutabasha kugenzura imyitwarire ye haba mu rugo cyangwa ku ishuri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Umuntu atwite igatwariza inzoga yabigenza gute

Alias yanditse ku itariki ya: 23-07-2022  →  Musubize

Umuntu utwite agatwariza inzoga yabigirate?

Alias yanditse ku itariki ya: 23-07-2022  →  Musubize

Ndabaza ese umugore anywa inzoga nka rimwe mukwezi kd nabwo atari nyinshi hari ingaruka byagira ku mwana?

alias yanditse ku itariki ya: 24-11-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka