Bugesera: Yafatiwe mu cyuho atetse ingunguru enye za kanyanga

Mu rugo rw’uwitwa Nsabimana Jean Pierre w’imyaka 27 y’amavuko hafatiwe uruganda rwa kanyanga, aho basanze batetse ingunguru enye ndetse na litiro eshanu za kanyanga imaze kuboneka.

Uru ruganda rwari ruherereye mu kagari ka Rwakibirizi mu mudugudu wa Gacyamo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.

Amakuru y’uru ruganda yamenyekanye kuwa 29/3/2014, ubwo abaturage bari mu muganda usoza ukwezi maze abaturage bayaha umukuru w’inkeragutabara witwa Rutagengwa Faustin nawe ahita ajya kumufata nk’uko abyemeza.

Abaturage na Polisi bamena kanyanga bafatiye mu rugo kwa Nsabimana.
Abaturage na Polisi bamena kanyanga bafatiye mu rugo kwa Nsabimana.

“nyuma yo guhabwa amakuru n’abaturage twihutiye kujya mu rugo iwe maze dusanga koko hari uruganda ruteka kanyanga niko guhita turusenya, maze umugabo tumushyikiriza polisi ngo izamushyikirize inkiko nazo zimuhane kuko acuruza ibiyobyabwenge”; Rutagengwa.

Ubuyobozi bwa polisi mu karere ka Bugesera burashimira abaturage kubera amakuru butanga, bityo bukaba bubasaba gukomeza ubufatanye mu gutanga amakuru kugirango abanyabyaha bakomeze batebwe muri yombi.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka