Hatangije uburyo bwo kwifashisha abacuruzi b’inyongeramusaruro mu guha abahinzi ubwishingizi ku myaka bahinga

Sosiyete zitanga ubwishingizi ku bikorwa by’ubuhinzi zikoranye n’abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) byafasha mu kugera ku bahinzi benshi kandi mu buryo bworoshye. Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wagatanu tariki 18/7/2014, ubwo hatangizwaga umushinga RADD II ugamije guteza imbere abacuruzi b’inyongeramusaruro.

Jean Bosco Safari, umuyobozi w’ihuriro ry’abacuruzi b’inyongeramusaruro mu Rwanda-AGRIFOP, yatangaje ko ubwishingizi mu buhinzi ari ingirakamaro, avuga ko sosiyete z’ubwishingizi zikoranye n’abacuruzi b’inyongeramusaruro byagabanya ibihombo mu buhinzi.

Safari, umuyobozi w'ihuriro ry'abacuruzi b'inyongeramusaruro mu Rwanda-AGRIFOP.
Safari, umuyobozi w’ihuriro ry’abacuruzi b’inyongeramusaruro mu Rwanda-AGRIFOP.

Yagize ati “Ku mucuruzi wenda ntibimureba ako kanya mu bijyanye n’ubwishingizi ariko bimuha isoko, kuko iyo umuhinzi ahinze afite ubwishingizi akabasha kubona umusaruro muri bwa buhinzi we ejo agaruka kugura inyongeramusaruro.

“Wa mucuruzi nawe afite inyungo zo kuba umwishingizi way a masosiyete y’ubwishngizi kugira ngo wa muhinzi utabasha kugera kuri SONARWA na SORAS aze ku mwishingizi mu buhinzi nabyo biri mu bintu by’ingenzi tugomba kwibandaho kugira ngo ubuhinzi butere imbere.”

Abitabiriye itangizwa ry'igice cya kabiri cy'uyu mushinga.
Abitabiriye itangizwa ry’igice cya kabiri cy’uyu mushinga.

Yakomeje avuga ko ibi bizafasha impande zose mu kubona amasoko no kugabanya impanuka zaturuka ku gihe ibihe by’imvura biba bitabaye byiza.

Gusa ku rundi ruhande hagaragra imbogamizi y’uko izi sosiyete zitanga ubwishingizi zitazwi cyane muri aba bacuruzi b’inyongeramuisaruro, nk’uko Edouard Hagenima, uhagarariye abacuruzi b’inyongeramusaruro mu karere ka Nyabihu abitangaza.

Abanyamahanga bashyigikiye ubuhinzi bw'u Rwanda.
Abanyamahanga bashyigikiye ubuhinzi bw’u Rwanda.

Ati “Icyo ni igitekerezo cyiza kandi tubona dukeneye ubwishingizi, gusa dukeneye ibyo bigo bikaza bikatubwira ubwo bwishngizi bifite tukabimenya tukamenya n’uburyo twabikoramo kuko twiteguye kubikora.”

Hari imbogamizi n’uko umubare w‘abacuruzi b’inyongeramusaruro ntuhagije. Mu Rwanda hose ubu habarirwa abacuruzi b’inyongeramusaruro hafi 1160, mu gihe hakenewe nibura abatari munsi y’ibihumbi bitatu.

Gukoresha inyongeramusaruro ni kimwe mu byo leta y’u Rwanda ishyize imbere mukongera umusaruro w’ubuhinzi.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka