Kibeho: Imiryango 75 yabanaga itarasezeranye yasezeranye imbere y’amategeko

Imiryango 75 ituye mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru yabanaga itarasezeranye yasezeranye byemewe n’amategeko, itangaza ko bahisemo kubana badasezeranye kubera amikoro macye.

Hakizimana Joel na Namahoro Francine bamaze imyaka ibiri n’igice babana ariko batarasezeranye.Bavuga ko n’ubwo babanaga mu mahoro nta makimbirane yarangwaga mu rugo rwabo, ubu ngo nytuma yo gusezerana barumva noneho bagiye kurushaho kubana mu mahoro.

Abagore barahira mu kivunge.
Abagore barahira mu kivunge.

Kuri namahoro Francine we ngo gusezerana byemewe n’amategeko biramuha ikizere cy’uko noneho abaye umugore nyawe ufite uburenganzira busesuye. Agira ati “Ndumva ari byiza kuko noneho ubu mbonye uburenganzira mu rugo rwanjye.Ubundi nahoraga numva nta kizere cy’uko ndi umugore mfite.”

Mbonyinkindi Yvone we ni umugore ubana n’umugabo we ariko batarasezeranye. N’ubwo abana n’umugabo batarasezeranye avuga ko babiteganya vuba, kuko ngo iyo ababyeyi babana batarasezeranye bishobora gutera abana kutumvikana mu gihe cy’igabana ry’umutungo.

Abagabo barahira mu kivunge.
Abagabo barahira mu kivunge.

Yongeraho kandi ko n’iyo umugore n’umugabo babana batarasezeranye bishobora gukurura ubuharike.

Ati “Iyo bigenze gutyo mukabana nta sezerano, bigira ingaruka ku bana ugasanga bararyana bapfa imitungo mugihe ababyeyi batakiriho.Nanjye kandi samba ntuje kuko umugabo ashobora kunta akishakira undi mugore ugasanga jyewe n’abana banjye tubuze epfo na ruguru.”

Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa Kibeho (ibumoso) abasobanurira amategeko.
Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa Kibeho (ibumoso) abasobanurira amategeko.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibeho Simon Ndayiragije, avuga ko gusezerana byemewe n’amategeko bigabanya amakimbirane mu miryango bikanaca ubuharike.

Ati “Turizera ko ubu nta nduru, nta nkomere, nta mfu tuzongera kumva muri iyi miryango biturutse ku kuba babana batarasezeranye.Ikindi ni uko amakimbirane mu miryango yajyaga aturuka ku kuba umugabo afite abagore bane, batanu,.. nayo azagabanuka kuko aba bantu bamaze gusezerana ari benshi.”

Abasezeranye bicaye mu cyumba cy'umurenge.
Abasezeranye bicaye mu cyumba cy’umurenge.

Iyi miryango yasezeranye ni imiryango yabanje kwigishwa n’umushinga Women for Women International, aho yabahuguriraga mu matsinda, ariko cyane cyane hagahugurwa abagore, ku bijyanye n’amategeko mbonezamubano.

Umushinga Women for Women mu karere ka Nyaruguru ukorera mu mirenge ibiri ariyo Kibeho na Rusenge.

Charles RUZINDANA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka