Inama y’igihugu y’urubyiruko yabonye umuyobozi mushya

Norbert Shyerezo wari uhagarariye komite y’urubyiruko yo mu karere ka Ngororero yatorewe kuba umuyobozi mukuru w’Inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko (NYC), mu matora yabaye tariki 30/10/2013.

Nyuma yo kwegukana intsinzi, Shyerezo yasabye urubyiruko agiye guhagararira no kuvuganira kwishyira hamwe bagahuza imbaraga.

Shyerezo Norbert, umuyobozi mushya w'inama y'igihugu y'urubyiruko.
Shyerezo Norbert, umuyobozi mushya w’inama y’igihugu y’urubyiruko.

Yagize ati: “Ndifuza gukorana na buri umwe kugira ngo duhangane ibibazo by’ubukungu bikomeje kugariza iterambere ry’urubyiruko. Ntituzahagararira mu kuvuganira ibibazo by’imirimo gusa ahubwo tuzanabakangurira kuyihangira bahereye kuri bicye bafite.”

Shyerezo asimbuye kuri uyu mwanya Philbert Uwiringiyimana nawe wegukanye umwanya mu nteko ishinga amategeko mu matora ya 2013, nyuma yo gutsinda uwo bari bahanganye ariwe Protegène Ntegeyimfura, amutsindiye ku majwi 214 ku 165 y’abahagarariye urubyiruko.

Abagize komite z'urubyiruko mu nzego zitandukanye bitabiriye amatora.
Abagize komite z’urubyiruko mu nzego zitandukanye bitabiriye amatora.

Inteko itora yari igizwe n’abantu umunani baturutse muri komite nyobozi ku rwego rw’igihugu, abakoze komite nyobozi ku rwego rw’uturere, umunani bahagarariye amashuri ya za kaminuza ku rwego rw’igihugu n’abandi umunani bahagarariye amashuri yisumbuye.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka