Uku niko biba byifashe mu nama y’Abaminisitiri. Aha ni mu nama yateranye tariki 25 Nzeri 2020 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, yahamagariye abayobozi batandukanye mu Ntara y’Iburengerazuba kwegera abaturage no kubagezaho ibyo bifuza kugira ngo barusheho kwishimira uko babayeho.
Uwitwa Hagenimana Gad yasize umugore n’abana i Rusizi tariki 21 Werurwe 2020, aza i Kigali atwaye abagenzi mu modoka, yari azi ko ahita asubira mu rugo rwe, ariko yongeye gusubirayo nyuma y’amezi atandatu kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2020.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali zemerewe gukora.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 yafatiwemo imyanzuro itandukanye harimo uvuga ko amakoraniro (social gatherings) y’abantu batarenze 30 badasabwa kubanza kwipimisha COVID-19.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki ya 25 Nzeri 2020, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
Urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu bahawe imashini zo kudoda baratangaza ko bagiye kwikura mu bukene bukabije, kandi bagafasha na bagenzi babo kwiga umwuga w’ubudozi kuko wizeweho kubateza imbere.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko tariki 24 Nzeri 2020 yakiriye imbangukiragutabara 40 u Rwanda rwahawe n’u Bubiligi binyuze mu Kigo cy’Iterambere cy’Ababiligi (Enabel).
Abakinnyi batatu b’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza bitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana 24 b’ingagi, ndetse na bo bagira uruhare muri uwo muhango baha amazina bamwe muri abo bana b’ingagi.
Buri muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi uba ufite umwihariko cyane cyane mu kwakira abashyitsi no kugaragaza isura ya nyayo y’ubukerarugendo mu Rwanda.
Guhera tariki 9 Nzeri 2020, Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, ishingiye ku itegeko nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, no ku itegeko no 87/2013 ryo ku wa 11/9/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere y’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage, ishingiye kandi ku ngamba n’ibyemezo (…)
Nzamuturimana Innocent w’i Nyamagabe mu Murenge wa Buruhukiro, kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2020 yahawe inka nk’ishimwe ryo kuba yarabonye inyamaswa y’ifumberi aho kuyirya akayishyikiriza umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).
Abarinzi b’Igihango ku rwego rw’Igihugu bahawe ingororano na Nyakubahwa Perezida Kagame baratangaza ko bazayikoresha biteza imbere kandi bakagura ibikorwa basanzwe bafatanyamo n’inzego z’ubuyobozi by’umwihariko gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi mu Rwanda (MINEMA) yatangaje ko izindi mpunzi z’Abarundi zibarirwa muri 500 zari mu Rwanda zitaha i Burundi kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2020.
Mukanoheri Venantie wo mu Kinigi uboha uduseke akatugurisha amadolari kuri ba mukerarugendo bavuye muri Amerika n’ahandi, yashoboraga kuba agikurikira umugabo we mu ishyamba ry’ibirunga guhiga utunyamaswa two kurya.
Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, imvura ivanze n’umuyaga yasenyeye imiryango icyenda yo mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo ku bw’amahirwe ntihagira ubikomerekeramo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) Hon. Patricia Scotland, batangaje itariki nshya y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye muri uwo muryango.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu Mirenge ya Busasamana na Cyanzarwe ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, yasenyeye imiryango 33, ibyumba bine by’amashuri, yangiza ibiti by’insinga z’amashanyarazi n’imyaka mu mirima.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEAMA), iratangaza ko imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, yateye Ibiza byakomerekeje abantu batatu, bisenya inzu zirenga 50, byangiza hegitari 60 z’imyaka, bisenya ishuri, ipoto y’amashanyarazi ndetse n’ikiraro, mu turere dutandukanye tw’igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwahagaritse mu kazi Aimable Nsengimana wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busogo, wavuzweho gutwara umuturage witwa Mbonimana Fidele muri ‘butu’ y’imodoka, hanyuma bikamuviramo gukomereka bikomeye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umuhango wo kwibuka Shimon Peres wabaye Perezida wa Israel aba na Minisitiri w’icyo gihugu, akaba yaritabye Imana mu mwaka wa 2016.
Ku bwinjiriro bw’Ikigo Nderabuzima cya Karama mu Karere ka Huye, kuwa mbere tariki 21 Nzeri habonetse umubiri w’uwazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ahatunganywaga ngo hubakwe urukarabiro.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko guhera tariki 01 Ukwakira 2020, abakozi ba Leta bose bazatangira gushyirwa mu myanya hashingiwe ku mbonerahamwe nshya y’imirimo.
Isaïe Hategekimana utuye mu Karere ka Ngororero, yahishije inzu muri iki gitondo cyo ku itariki ya 21 Nzeri 2020, ibintu byose bihiramo, ariko ngo ikimubabaje kurusha ni amafaranga y’umukwe yari abitse.
Isesengura ku mikoreshereze n’imicungire y’imari ya Leta riragaragaza ko hari amafaranga adakorerwa igenzura, bigatuma akoreshwa nabi cyangwa akanyerezwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru bahawe akazi muri VUP, barifuza kujya bishyurirwa ku gihe kuko amafaranga abageraho byaratinze.
Ku itariki 11 Nzeri 2020 ahitwa mu i Rango mu Karere ka Huye, mu rugo rw’iwabo wa Ndayambaje Alexis, barabyutse mu gitondo babura uko basohoka mu nzu, kuko umwana yari amaze kubaburira ko hanze hari igisa n’ingwe munsi y’ibisanduku biba mu rugo.
Gahunda y’Imbonezamikurire y’abana bato (NECDP), igiye guhindura uko yakoraga, ikorane cyane n’inzego z’ibanze kuko byagaragaye ko itagera ku bo igenewe uko bikwiriye.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko muri iki cyumweru cyo kuva ku wa Gatanu tariki 11 kugera ku wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020, habaye impanuka zitandukanye zihitana ubuzima bw’abantu 17.