• KCB yahaye amabati imiryango yasenyewe n’inkangu

    Ejo tariki 10/12/2011, banki y’ubucuruzi yo muri Kenya (KCB) yatanze inkunga y’amabati agera ku 1000 ku miryango iherutse gusenyerwa n’inkangu yo mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga.



  • Perezida wa Sena arihanangiriza abadakora umuganda

    Perezida wa Sena mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene, yihanangirije abayobozi b’inzego z’ibanze n’Abaturarwanda muri rusange ko nibakomeza kujenjekera igikorwa cy’umuganda bazafatirwa ingamba zikaze kuko umuganda ari gahunda y’igihugu.



  • Rubavu: Serivisi zo kwambuka umupaka zigiye gukoreshwamo ikoranabuhanga

    Leta y’u Rwanda, guhera umwaka utaha, iratangira gufasha abaturage baturiye umupaka w’u Rwanda na Congo kujya bakoresha ikarita y’ikoranabuhanga n’igikumwe nk’ibyangombwa bibahesha uruhushya rwo kambuka. Bizakazabaruhura kwirirwa batonze umurongo bategereje za jeton zibemerera kwambuka.



  • Umudugudu wa Susa ni urugero rw’ubwiyunge mu Rwanda

    Mu gikorwa cyo gufasha abanyamahanga kwihera ijisho aho u Rwanda rugeze mu iterambere n’ubwiyunge, abanyapolitiki bahagarariye ibihugu byabo n’ibindi bigo byo mu mahanga mu Rwanda batemberejwe umudugudu wa Susa wahurijwemo abarokotse Jenoside ndetse na bamwe mu bayigizemo uruhare.



  • Abambasaderi basuye ibikorwa remezo byo muri Rubavu

    Ku munsi wa kabiri w’urugendo rugamije kwereka no gusobanurira abahagarariye ubuhugu n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda uko Abanyarwanda babayeho, aba banyamahanga basuye ibikorwa remezo bigize akarere ka Rubavu, mu intara y’iburengerazuba.



  • “Nta rugamba ingabo z’u Rwanda zitabasha” – Fidele Ndayisaba

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, yashimye ingabo z’u Rwanda kubera uruhare rukomeye zagize mu gufungura umuhanda wari wafunzwe n’amazi y’umwuzure mu gace ka Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali.



  • Ubushakashatsi bukomeje kwerekana ko Jenoside yakuruwe n’abakoloni

    Umunyeshuri uri kurangiza mu cyiciro cya doctorat muri kaminuza ya Auvergne yo mu gihugu cya Senegali, Astou Fall, mu bushakashatsi yamaze amezi icyenda akorera mu Rwanda yerekanye ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yakuruwe n’abazungu b’Ababiligi bakolonije u Rwanda.



  • Abahoze muri FDLR baricuza icyatumye batinda gutaha

    Abahoze ari abarwanyi 361 bari guhugurwa mu kigo cyo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero cya Mutobo baravuga ko bicuza cyane kuba baratinze gutaha mu Rwanda.



  • RALGA yiyemeje gukora neza ngo inyungu zigere ku baturage

    Justus Kangwagye, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Inzego z’ibanze mu Rwanda (RALGA) avuga ko komite nshya yatowe ifite inshingano zo gukomeza inzira yo guteza imbere uyu muryango kugira ngo inyungu zigere ku baturage.



  • Ibihugu bigifite impunzi z’Abanyarwanda birasabwa kuzishishikariza gutaha

    Mu nama yabereye i Jeneve mu Busuwisi kuwa 9 Ukuboza 2011, yasabye ibihugu bigifite impuzi z’Abanyarwanda kurushaho gushyira imbaraga ku gushishikariza gutaha ku bushake.



  • FAO ikorana neza n’u Rwanda

    Tariki 09/12/2011, Perezida Kagame yakiriye umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buhinzi (FAO), Dr Jacques Diouf, wari uje kumusezeraho nyuma yo gusoza imirimo ye.



  • Ingabo 140 zirwanira mu kirere zasoje amahugurwa

    Ejo, abasirikare 140 b’umutwe w’abasirikare b’u Rwanda barwanira mu kirere bagera ku basoje amahugurwa bari bamazemo ukwezi mu ishuri rikuru rya gisirikare i Gako mu karere Bugesera. Ayo mahugurwa yabateguraga kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro i Darfur mu ngabo zihuriweho n’Umuryango w’Abibumbye n’Ubumwe bw’Afurika (...)



  • Perezida Kagame na Tony Blair biyemeje ubufatanye bushya mu kubaka ubushobozi

    Tariki 09/12/2011, Tony Blair wahoze ari minisitiri w’intebe w’u Bwongereza na Perezida Kagame bemeje ishyirwaho ry’uburyo bwo kubaka ubushobozi (innovative strategic capacity building initiative) hagamijwe iterambere mu rwego rwo gufasha u Rwanda kugera ku ntego rwihaye.



  • I Kigali hatangijwe imurikagurisha ryiswe “TVET Expo”

    Ejo, urugaga rw’abikorera (PSF) rufatanyije n’ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA) batangije imurikagurisha ryiswe TVET EXPO rigamije kwerekana aho u Rwanda rugeze ruteza imbere imyuga na tekinike ndetse no kurushaho kumenyekanisha akamaro kabyo. Rizarangira tariki 12/12/2011.



  • Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bamenya byinshi ku gihugu iyo basuye abaturage

    Mu rugendo rw’iminsi ibiri rwatangiye tariki 08/12/2011, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bagirira mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba, baravuga ko iyo gahunda ibafasha kumenya nyabyo igihugu barimo kuko ari bwo bamenya ubuzima busanzwe bw’abanyarwanda.



  • Muri Jenoside, abagore bakoreye bagenzi babo ihohoterwa rishingiye ku gitsina

    Ubushakashatsi bwakozwe na Astou Fall, umunyeshuri w’Umunyasenegali wiga muri kaminuza ya Auvergne, bwagaragaje ko hari abagore benshi muri Jenoside bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina na bagenzi babo, abandi bicwa na bagenzi babo.



  • Icyirombe cya Nyakabingo ni gihamya ko u Rwanda rufite amabuye y’agaciro

    Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Justus Kangwage, arizera ko ibyo abanyapolitiki b’abanyamahanga babonye mu cyirombe cya Nyakabingo kiri muri aka karere ari icyemeza isi ko u Rwanda narwo rwihagije ku mabuye y’agaciro.



  • Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda barerekwa ibyiza by’u Rwanda mu Majyaruguru n’Uburengerazuba

    Kuva uyu munsi, ku nshuro ya gatatu, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri yo gutambagizwa ibyiza nyaburanga by’u Rwanda n’intambwe nziza u Rwanda rukomeje gutera mu iterambere.



  • Ibikorwa by’urugomo kuri Ambasade y’u Rwanda i Paris

    Tariki 06/12/2011 ahagana mu ma saa yine z’ijoro ku isaha y’i Paris, abantu bataramenyekana bateye ambasade y’u Rwanda iri i Paris mu murwa mukuru w’Ubufaransa.



  • U Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya ihohoterwa ry’abagore n’abakobwa

    Abahagaririye inzego z’umutekano baturutse mu bihugu 15 byo ku mugabane w’Afurika bari mu Rwanda aho bitabiriye inama y’iminsi ibiri ku bijyanye no kurwanya ihohoterrwa rikorerwa abagore n’abakobwa.



  • Ihuriro AMANI ryabonye abayobozi bashya

    Abagize Ihuriro ry’Abagize Inteko zishinga Amategeko baharanira Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari (AMANI), Ishami ry’u Rwanda, batoye komite nshya y’abayobozi bagomba kuriyobora mu gihe cy’umwaka.



  • Kabarondo: Batatu bari mu bitaro nyuma y’impanuka ya taxi mini bus

    Uyu munsi mu gitondo ku muhanda uva i Rwinkwavu ugana ku muhanda munini i Kabarondo ugana i Kigali habereye impanuka ya taxi mini bus itewe no gusubira inyuma ubwo yananirwaga gukomeza guterera umuhanda ahitwa Mu materasi. Kugeza ubu nta muntu witabye Imana ariko abagera kuri batatu bahise bajyanwa ku bitaro bya (...)



  • Rutsiro: Inkangu yishe umuntu

    Mu mudugudu wa Rukoko, akagari ka Gihira umurenge wa Ruhango akarere ka Rutsiro, haravugwa urupfu rw’umugabo witwa Kurikiye Amiel witabye Imana kuwa mbere tariki 05/12/2011, ahitanywe n’inkangu.



  • Huye: Ikamyo yagonze umwana mu Gahenerezo

    Tariki ya 7 Ukuboza, mu masaa tatu za mu gitondo, umwana witwa Nowa uri mu kigero cy’imyaka 15 yagonzwe n’ikamyo yo mu bwoko bwa fuso yari ihagaze imbere y’amaduka igiye gupakurura ibirayi.



  • Sam Rugege yasimbuye Cyanzayire ku mwanya wa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga

    Prof. Sam Rugege wari visi perezida w’urukiko rw’ikirenga yasimbuye Aloysia Cyanzayire ku mwanya wa Perezida w’urwo rukiko wari umaze imyaka umunani aruyobora.



  • Abambasaderi 6 bashyikirije Perezida Kagame impapuro zibemerera gukorera mu Rwanda

    Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mu muhango udasanzwe wabereye mu rugwiro tariki 06/12/2011, yakiriye impapuro z’ambasaderi batandatu zibahesha uburenganzira bwo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.



  • Umuvugizi wa HCR abona ko u Rwanda rufite ubushobozi bwo kurinda abaturage barwo

    Umuvugizi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, Fatoumata Lejeune-Kaba, asanga nta cyabuza impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku isi gutaha kuko u Rwanda rushoboye kurinda abaturage barwo.



  • Rusizi: Hatahutse impunzi 56 ziva muri Kongo Kinshasa

    Ku mugoroba wa tariki 05/12/2011 mu kigo cyakira abatahutse cya Nyagatare mu karere ka Rusizi hageze impunzi z’abanyarwanda zatahutse zivuye muri Kongo Kinshasa. Muri izo mpunzi harimo abahoze mu ngabo z’umutwe urwanya ubutegetsi mu Rwanda wa FDLR barindwi n’abasivili 49.



  • Umwana yaburiwe irengero none barakeka ko ari amazi yamujyanye

    Mu murenge wa Muko mu Kagali ka Cyamuhinda mu mudugudu wa Ntonyanga mu karere ka Gicumbi habuze umwana w’umwaka umwe n’igice witwa Igiraneza Beline none barakeka ko ari amazi yamujyanye.



  • Perezida Kagame yashyizeho abaminisitiri batatu

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’intebe riravuga ko Perezida wa Repubulika ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko, cyane cyane mu ngingo ya 116 y’ itegeko nshinga, yashyizeho abaminisitiri batatu aribo : Dr Vincent Biruta: Minisitiri w’Uburezi; Jean Philibert Nsengimana : Minisitiri w’Urubyiruko na Mitali (...)



Izindi nkuru: