Yiyemeje gukurikiza urugero rwa Perezida Kagame aha abana Noheli

Uwanyirigira Consolée wo mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yigiye ku muco wa Perezida Kagame wo gusangira n’abana Noheli n’Ubunani, akabitangiza muri Muhanga.

Muri ibi birori ababyeyi bahaye abana amata
Muri ibi birori ababyeyi bahaye abana amata

Yabivugiye mu birori byo guha abana bo mu Mujyi wa Muhanga Noheri, ibirori byahuje abana baturuka mu miryango yishoboye n’itishoboye bagasabana bakanasangira amafunguro.

Uyu muco ngo utuma abana baturuka mu miryango itishoboye, babasha gusangira ibyishimo bya Noheri n’abaturuka mu miryango yishoboye, bigafasha abana kutishishanya nk’uko Umuhire Marie Josée, umwe mu babyeyi bari muri ibi birori abivuga.

Yagize ati “Umwana w’umukene ubu ariyumvamo uburenganzira nk’ubw’umwana wishoboye. Abana bose barangana kubera umuco dukesha umubyeyi wacu Paul Kagame.”

Umuhire kandi ashimira Uwanyirigira Consolée watekereje iki gikorwa, anamusaba ko iki gikorwa cyarushaho gukura, kikagera no ku bana bo mu byaro bya kure.

Iki gikorwa cyahuje abana bakomoka mu miryango itishoboye n'abakomoka mu yishoboye
Iki gikorwa cyahuje abana bakomoka mu miryango itishoboye n’abakomoka mu yishoboye

Uwanyirigira Consolée watekereje iki gikorwa avuga ko agikomora ku mukuru w’Igihugu Paul Kagame, kandi ko atazahwema kugikomeza.

Agira ati “Nibyo rwose twabyigiye ku rugo rw’Umukuru w’igihugu maze natwe abagore dukurikiza urugero rwa Madamu wa Perezida wa Repuburika. Icyagaragaye ni uko abana bose basabanye ntatandukaniro ryari rihari”.

Uwanyirigira avuga ko Gusangira Noheli n'abana abikomora ku rugo rw'Umukuru w'igihugu
Uwanyirigira avuga ko Gusangira Noheli n’abana abikomora ku rugo rw’Umukuru w’igihugu
Uyu muco ngo yawukomoye ku Muryango wa Perezida Kagame
Uyu muco ngo yawukomoye ku Muryango wa Perezida Kagame

Mugunga Jean Baptiste, umuyobozi w’Umurenge wa Nyamabuye ahabereye iki gikorwa, avuga ko usibye gushimisha abana, ubu ari uburyo bwo gutuma batangira kwiyumvamo ko bose bafite agaciro kangana.

Ati “ Uyu muco uratuma abana bamwe batigunga cyangwa ngo bumve ko hari uri hasi cyangwa hejuru ya bagenzi be.”

Iki gikorwa cyahuje abana 300 bavuye mu Mujyi wa Muhanga n’abo mu Nkengero zawo, basangira amafunguro ndetse baranidagadura.

Mugunga avuga ko gusangira Noheli bishimisha abana bikanabatera kwiyumvamo ko bose banganya uburenganzira
Mugunga avuga ko gusangira Noheli bishimisha abana bikanabatera kwiyumvamo ko bose banganya uburenganzira
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Umwera uturutse ibukuru ukwira hose, Ingero n’imigenzo duhora twerekwa n’umuryango w’umukuru w’igihugu tuge tubigendana hose tubisangize bose kuko ni ingenzi cyane.

Byiringiro yanditse ku itariki ya: 29-12-2016  →  Musubize

uwo mumama turamushyigikiye pe nakomerezaho.

gipimo hypolite yanditse ku itariki ya: 28-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka