Yitabye Imana nyuma y’amezi atatu gusa ahawe Ubupadiri

Umupadiri witwa Berchair Iyakaremye, wo muri Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, yitabye Imana nyuma y’amezi atarenze atatu yari amaze ahawe Ubupadiri.

Padiri Berchair Iyakaremye yitabye Imana
Padiri Berchair Iyakaremye yitabye Imana

Uwo mupadiri wahawe Isakaramentu ry’ubusaseridoti na Musenyeri Edouard Sinayobye, umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, ku Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, muri Paruwasi ya Mibilizi, amakuru akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga aravuga ko yitabye Imana azize uburwayi, kuri uyu wa Kane tariki 13 Ukwakira 2022.

Nyuma y’uko Kigali Today yagerageje kuvugisha Musenyeri Edouard Sinayobye ku murongo wa telefone, mu rwego rwo kumenya neza amakuru y’urupfu rw’uwo mupadiri, itumanaho ntiryadukundiye.

N’ubwo ayo makuru ataratangazwa n’ubuyobozi bwa Diyosezi ya Cyangugu, ku rubuga rwa twitter rwa Kinyamateka, ikinyamakuru cya Kiliziya Gatolika, cyamaze gutangaza ayo makuru aho cyanditse kiti, “Padiri Berchair Iyakaremye, wa Diyosezi ya Cyangugu yitabye Imana azize indwara, nyuma y’amezi atatu gusa ahawe ubupadiri”.

Ubwo Berchair Iyakaremye yahabwaga ubupadiri
Ubwo Berchair Iyakaremye yahabwaga ubupadiri
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

oooh!!!! Ntawebitababaza ntakundi nukumusabira dukomezakwihanganisha famiye murakoze

dusenga yumva olivier yanditse ku itariki ya: 2-03-2023  →  Musubize

Turihanganisha umuryango wuno mupadiri turihanganisha nabapadiri bose kubwo kubura mugenzi wabo Imana imwakire mubayo imuhe iruhuko ridashira.

Munyankindi Erasme José yanditse ku itariki ya: 16-10-2022  →  Musubize

IMANA IMWAKIRE MUBAYO,IMUHE IRUHUKO RIDASHIRA ARUHUKIRE MUMAHO.BABYEYI NAMWE BAKILISUTU MWIHANGANE MUKOMERE TWIFATANYIJE NAMWE MUKABABARO.

MULITA Faustin yanditse ku itariki ya: 14-10-2022  →  Musubize

Imana imwakire mubayo Kandi mugumye kutubera ago tutari

KAMANAYO Ildephonse yanditse ku itariki ya: 15-10-2022  →  Musubize

Iyintore y’Imana,Imana iyiyereke iteka iruhukire mumahoro.

Bizimanaemmanuel yanditse ku itariki ya: 17-10-2022  →  Musubize

Inkuru ibabaje cyane.Yali akiri muto.Urupfu hali iyo rutungurana.Ariko ntabwo yitabye imana,ahubwo yapfuye.Biratandukanye.

butera yanditse ku itariki ya: 14-10-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka