Uturere turasinyana imihigo na Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu
Mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba ni ho habera iki gikorwa cyari kimaze igihe gitegerejwe na benshi.

Ubusanzwe cyaberaga i Kigali, ariko biravugwa ko kubijyana i Nyagatare ari mu rwego rwo guteza imbere abahafite ibikorwa byakira abitabira bene izo nama kugira ngo na bo ayo mahirwe abagereho.
Ni umuhango wari umaze imyaka ibiri utaba, dore ko waherukaga kuba hahigurwa imihigo y’umwaka wa 2017/2018, icyo gihe habaho no guhiga imihigo ya 2018/2019.
Byari biteganyijwe ko tariki ya 13 Kanama 2019 uturere twose tumenya ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo twasinyanye na Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2018-2019, ndetse no kongera gusinyana na we indi mihigo yo mu mwaka wa 2019-2020 ariko ntibyaba.
Icyo gihe abayobozi kuva ku mudugudu kugera ku rwego rw’igihugu bari bahuriye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, baje guhigura imihigo y’umwaka wari ushize ndetse no guhiga iy’umwaka wari ukurikiyeho.
Abo bayobozi bagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kugira ngo basobanurirwe iby’izo mpinduka ndetse n’uko bagomba gusubira mu mihigo yabo, bityo bazongere guhura itunganye.
Mu kiganiro Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’iyo nama, yagaragaje ibyatumye iyo mihigo idasinywa.
Yagize ati “Perezida wa Repubulika yasabye Minisitiri w’Intebe ko aho gusinya iyo mihigo ahubwo abayobozi babanza kwinjizwamo ibikorwa byibanda ku mibereho y’ibanze y’abaturage. Ibyo bigatuma imihigo iba koko umusemburo w’impinduka nziza ku mibereho y’umuturage aho atuye”.
Ati “Ibikwiye kwibandwaho byadindiraga ni ibihumbi by’abaturage badafite amacumbi ajyanye n’igihe, abaturage benshi badafite ubwiherero bwujuje ibyangombwa ndetse n’abaturage bakirarana n’amatungo. Ibyo bigira ingaruka ku mibereho y’abaturage kubera isuku idahagije”.
Minisitiri Ndagijimana yavuze kandi ko hari n’ibindi bijyanye n’imiyoborere y’abayobozi batandukanye bizagarukwaho, abo bayobozi ngo bakaba bagiye kongera kubireba bityo imihigo ikazasinywa nyuma, gusa ntihatangajwe itariki icyo gikorwa kizaberaho.
Kuri icyo kijyanye n’imiyoborere, Minisitiri Ndagijimana yavuze ko hari ibigomba kunozwa kuko hakiri abaturage bahorana ibibazo.
Ati “Kuba hari abaturage benshi bagitonda umurongo bageza ibibazo kuri Perezida wa Repubulika iyo yabasuye, icyo ni ikimenyetso cy’uko imiyoborere itanoze aho hantu. Abayobozi begereye abaturage bagombye kuba barabikemuye mbere y’uko Perezida ajyayo, cyane ko iyo urebye usanga biba bitanakomeye, wenda baba barabirangayeho cyangwa byarakemuwe nabi”.
Icyo gihe yavuze kandi ko ikigiye gukorwa ari ukongera mu myandikire y’imihigo isanzwe, igika gikubiyemo ibibazo bijyanye n’ubuzima bw’abaturage ndetse no mu gihe cyo kuyigenzura na cyo kikazaba gifite amanota ahwanye n’uburemere bwacyo.
Imihigo yatangiye mu mwaka wa 2006 ibera ku rwego rw’akarere gusa. Byaje guhinduka, muri 2009-2010 guhiga bigera no muri za Minisiteri. Imihigo yaherukaga kuvugururwa mu mwaka w’ingengo y’imari 2017-2018, aho na none hibanzwe ku mibereho myiza y’abaturage.
Inkuru zijyanye na: Imihigo 2020
- Abayobozi bave mu biro barusheho kutwegera nibwo tuzamenya ibyo bahize – Abaturage
- Ibanga Nyanza yakoresheje ikava ku mwanya wa 30 ikaba iya 5 mu kwesa imihigo
- Amajyepfo: Gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, ibanga ryo kuza mu myanya y’imbere mu mihigo
- Imihigo: Abayobozi ba Rusizi na Karongi bavuze impamvu zatumye baza mu myanya ya nyuma
- Meya Habitegeko yahishuye ibanga ryatumye Nyaruguru iza ku isonga mu mihigo ya 2019-2020 (Video)
- Huye: Babyutse bajya gusanganira Meya ngo bishimire umwanya wa 2 bagize mu mihigo (Amafoto)
- Abanyarwanda bizera Perezida Kagame ku kigero cya 99,2% (Ubushakashatsi)
- Ntimukwiriye gutegereza ko mbereka ibibazo kugira ngo mubone kubikemura – Perezida Kagame abwira abayobozi
- Akarere ka Nyaruguru kahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020
- Abayobozi berekeje i Nyagatare mu mihigo (Amafoto + Video)
Ohereza igitekerezo
|
Imihigo ikomeze kwimakazwa kuko niwo musingi witerambere rusange, gusa bibaye byiza hatekerezwa uburyo hashyirwaho ikigo kigenga gishinzwe kugenzura uko imihigo yeswa( Rwanda Imihigo management agancy- RIMA)