Urukundo rw’Igihugu rukwiye kutubamo nk’uko amaraso atembera mu mubiri - Urubyiruko rwa Muhima
Urubyiruko mu Murenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, ruri mu bitabiriye ibikorwa bitandukanye byaranze kwizihiza umunsi w’Intwari, aho bagaragaje ko bazitangira Igihugu iteka ryose, urukundo rwacyo rukababamo nk’uko amaraso atembera mu mubiri.
Uru rubyiruko rwatangarije Kigali Today ko rugerageza kugera ikirenge mu cy’Intwari z’Igihugu, aho rwubaka ibikorwa remezo biteza imbere abaturage, ndetse bakaba biteguye no kwitangira Igihugu nubwo bidakorwa mu buryo bw’amasasu, ariko ko bafashe iya mbere mu guhangana n’urubyiruko rupfobya ibyo igihugu kimaze kugeraho.
Niyonsenga Jackson, uhagarariye imiyoborere myiza n’amategeko mu nama y’Igihugu y’Urubyiruko mu murenge wa Muhima, yavuze ko ntacyo atakora ngo yitangire Igihugu.
Ati “Habayeho urugamba rw’amasasu ariko kuri ubu ntirugihari, ahubwo hari urwo kurwanya abasebya Igihugu cyacu bakoresheje imbuga nkoranyambaga. Tujyaho natwe tuvuguruza ibyo bavuga tukerekana ukuri. N’iyo kandi byaba ngombwa ko Igihgu cyacu giterwa, urubyiruko turiteguye kuko wima Igihugu amaraso imbwa zikayanywa”.
Arongera ati “Gukunda Igihugu ni cyo cya mbere urubyiruko rukwiye gukorwa, uko amaraso adutemberamo abe ari ko urukundo rw’Igihugu rutembera muri twe”.
Mu butumwa bwe, yakomeje ashishikariza urubyiruko guharanira kuba Intwari nk’uko Inkotanyi zabigenje zitangira abandi, aho avuga ko ibyo bigaragazwa n’ibikorwa byo guharanira inyungu rusange, umuturage wese ajya ku isonga.
Asaba urubyiruko ruri mu mahanga kutumva ko bafite ubwenegihugu bw’ahandi, ahubwo bakiyumvamo Ubunyarwanda, bagafatanya n’abandi gukunda Igihugu, kugikorera no kukirinda.
Numukobwa Fabiola na we ati “Imbaraga zanjye mu guharanira ubutwari ni uko mbyiyumvamo, ndetse nkashishikariza bagenzi banjye kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari, bibaye ngombwa nanjye namena amaraso ariko ngaharanira ubusugire bw’Igihugu, nsigasira ibyo izo Ntwari zatugejejeho”.
Ku wa Kane tariki 1 Gashyantare 2024, Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, bunamiye Intwari z’Igihugu ku Gicumbi cy’Intwari i Remera.
Intwari zose z’ u Rwanda zizihizwa ku ya 1 Gashyantare buri mwaka. Uyu munsi utegurwa n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO).
Inkuru zijyanye na: Intwari z’u Rwanda
- Gisagara: Basanga kurera neza abo wabyaye na bwo ari Ubutwari
- Kamonyi: Abatuye aho Fred Rwigema yavukiye biyemeje gukomeza Ubutwari bwe
- Kanombe: Bizihije Umunsi w’Intwari bataha umuhanda wa kaburimbo biyubakiye
- Gakenke: Bamurikiwe ibikorwa byatwaye za Miliyari mu kwizihiza Umunsi w’Intwari
- Rubyiruko mugire ubutwari bwo gukomeza kubaka u Rwanda – Minisitiri Dr Bizimana
- Minisitiri w’Intebe yayoboye umuhango wo kunamira Intwari z’Igihugu
- #Ubutwari2024: RDF Band yataramiye abitabiriye igitaramo gisingiza Intwari
- Kicukiro: Muri Niboye bakoze urugendo, bibuka urwo Intwari zakoze zitangira Igihugu
- Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsinze APR FC
- Iburasirazuba: Abaranzwe n’ibikorwa by’Ubutwari bagabiwe inka
- Icyo ijoro rya 1997 ryakwigisha urubyiruko rw’ubu mu mboni z’Intwari z’i Nyange
- Minisitiri w’Intebe yayoboye umuhango wo kunamira Intwari z’Igihugu (Amafoto + Video)
- Reba uko byari byifashe mu gitaramo gisingiza Intwari z’u Rwanda (Amafoto na Video)
- Abanyarwanda bemerewe gutanga kandidatire y’uwo babona waba Intwari - CHENO
- Ni ba nde kugeza ubu u Rwanda rwahaye impeta(imidari) z’ishimwe?
- Kicukiro: Urubyiruko rwibukijwe ko Ubutwari butangira umuntu akiri muto
- #HeroesCup : APR FC yasezereye Musanze FC igera ku mukino wa nyuma
- Kicukiro: Bashimye ubutwari bwaranze Inkotanyi, biyemeza kuzifatiraho urugero
- CHENO yatangiye gushakisha abagaragaje ibikorwa by’Ubutwari mu rubyiruko
Ohereza igitekerezo
|