Umwarimu bamubeshyeye kwiba igitoki n’ibishyimbo bamushakaho indonke

Mu rukerera rwo ku wa 11 Ukuboza 2020, umwarimu witwa Niyongira Jean Paul wigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Kageyo, mu Murenge wa Kageyo w’Akarere ka Gatsibo, yafashwe n’abantu barinda umurima, bavuga ko yibye igitoki n’ibishyimbo by’ibitonore.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umisigire w’Umurenge wa Kageyo Niyoyita Jean Paul, ariko we yahakanye aya makuru, avuga ko bamuhimbira.

Avuga ko mwarimu Niyongira yabyutse mu gitondo kare ajya gushaka umuti w’umwana, abarinzi b’umurima yanyuzeho ashaka umuti bakamufata bavuga ko yibye igitoki n’ibitonore by’ibishyimbo.

Ati “Niyongira yabyutse nka saa kumi z’urukerera ku wa Gatanu ajya gushaka umuti w’umwana (Ibihuru), anyuze ku murima abarinzi bawo baramufata bamubeshyera ko yibye ariko si byo ahubwo bamushakagaho amafaranga”.

Niyoyita avuga ko abo barinzi bifuzaga amaronko kuri mwarimu bitewe n’amasezerano bagiranye na nyir’umurima ko azabishyura ibihumbi 80 imyaka yeze.

Avuga ko kugira ngo babone andi ku ruhande batangiye ibikorwa bitari byiza byo kubeshyera abantu.

Agira ati “Twarakurikiranye dusanga ari ibintu bahimba bagamije kwangiza isura ya mwarimu wacu usanzwe ari inyangamugayo uturerera abana neza. Baje bavuga ko bifuza guhabwa uwo mushahara bemerewe kugira ngo bamurekure ariko tubona ko ari ibintu bahimba tubasaba gusubira mu kazi undi na we arataha”.

Niyoyita asaba abaturage kujya bubaha bagenzi babo ntibabaremere ibyo batakoze, ahubwo bagashishikazwa no kunyurwa n’ayo bakoreye aho kwifuza izindi ndonke batesha abandi agaciro.

Avuga ko mwarimu Niyongira asanzwe ari umukozi mwiza, utari wagaragarwaho ikosa na rimwe haba mu kazi no mu baturanyi.

Avuga ko nubwo byagaragaye ko Niyongira yabeshyewe abamuhimbiye icyo cyaha cy’ubujura nta gihano bahawe, ahubwo ngo abaturage muri rusange bazakomeza kwigishwa kutifuza indonke muri bagenzi babo no kubahana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 27 )

Mwarimu mbanje kukwihanganisha komera gusa umurenge nugufashe mubahane batumizwe babazwe ibyobakoze kuko hari itegeko ribihana nibatabyumva bagukorere raporo ujye kuri RIB nzinezako byageze kure abahafiye mumube hafi mumugire inama yitabaze amategeko amutabare nabonye .

Faustin yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Mwiriwe mwarimu baramubeshyera ugendeye kubivugwa numuyibozi w’umurenge kuko iyaba yabizekoko bari kumuhana none ntakosa bamubonyeho gusebanya muruhame birahanwa gusa ndumva mwarimu adakwiye guceceka yatanga ikirego bakamusubiza icyubahiro doreko byageze mubuyobozi.

Faustin yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Murahonena arikose bamubonye agitema cg yarakikoreye ndabona arikibazo gikomeye harinzego zibishinzwe bakomeze bashake amakuru babaye bamubeshyera birahanirwa nugusebanya,ariko abaye yibye byababikaze

Faustin yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Mwarimu basubize agaciro ke abo bamubeshyera hakurikizwe itegeko bahanwe

Vincent de Paul yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Oya ntibirangirire aho bazakurikiranwe n’ mategeko mwarimu asubizwe agaciro ke ,gusebanya ni icyaha turashima Kigali today yacukumbuye ikavuguruza ibyari byatambutse.

iyamuremye Emmanuel yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Umuntu wandagaza undi kubushake ntategeko rimuhana?

Jacqueline yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Mwiriwe!Mwarimu bamushebeje cyane murirusange?abobarinzi bahanwe kuko umuco wokudahana ntabwo ari mwiza n’undi munsi bazongera.Murakoze.

Alias yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Nonese umuco wo kudahana kandi uragarutse? Mu gitekerezo cyanjye hakabaye hahanwa abantu 2:

1. Abamubeshyeye
2. Umunyamakuru watangaje inkuru yemeza ntabushishozi yayishyizeho nta n’ubunyamwuga ayishyizeho nimusoma nanone inkuru ya mbere miribusange nubundi ntanubuziranenge yari ugiye ( iri vuguruza riranshimishije na GITIFU wumusigire ndagushimiye)

JUCUNDUS MONAMI Ngamijiyampaye yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Ariko mwalimu yaragowe abeshyerwe bamusebye apfukiranwe kko

Mahame xaviet yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Baramubeshera

Samuel Manirafasha yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Kuki se batahwiturwa bashaka kwambika isura mbi mwarimu?

Yvan yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Icyaha bakoze gihanwa n’amategeko mpana byaha y’u Rwanda. Umuntu usebya undi muruhame agamije kumwangiriza isura ....aba akoze icyaha,iyo
..,

HABANABAKIZE Daniel yanditse ku itariki ya: 12-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka