Umunyamakuru Umuhire Valentin yitabye Imana

Inkuru y’urupfu rw’umunyamakuru Umuhire Valentin yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 07 Mutarama 2021 itangajwe na murumuna we wavuze ko yari arwariye mu bitaro bya Kigali (CHUK).

Umuhire Valentin
Umuhire Valentin

Umuhire Valentin yari azwi cyane mu itangazamakuru ryo mu Rwanda nk’umwe mu barimazemo igihe. Yamenyekanye cyane avuga amakuru kuri Radio Rwanda ndetse benshi mu banyamakuru bakamufata nk’icyitegererezo akaba n’umwe mu bahanga mu gusoma amakuru.

Yagiye akora no mu bindi bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio & TV10, Radio Huguka, Pax Press, Syfia Grands Lacs, akaba n’umuhanga mu kuyobora ibiganiro. Yari umwe mu bayoboraga ikiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cy’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

Kuri ubu yari atuye mu mujyi wa Musanze akora ibijyanye n’ubuhinzi ariko abifatanya n’itangazamakuru akaba yari afite igitangazamakuru cye gikorera kuri Internet cyitwa ‘Valuenews’.

Azwiho kuba ari umuntu wasabanaga kandi akicisha bugufi.

Imana imuhe iruhuko ridashira!

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 50 )

Nukuri.uhirevarante.yarumuntumwizawintangarugero.niyigenderimanimwakiremubayo.

Bandora charles yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Uwo munyakuru namwumvagakuri RBA ariko nkumva ndamwikundiye,gusa Imana yisubije ibyayo.ndamushimira ibyo yakoze, ntakindi navuga kuko uwamuhaye kubaho yari yagennye igihe.kuko imana iti<>irongera mbahaye ubwenge nimububura nzabareka.byoseniyo izi uko igenza abayo.

Nubahimana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Niyigendere nubwo tearing tukimukeneye.Imana imwakire my bayo

Rukwira yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Kumva no kwakira inkuru nkiyi yincamugongo biragoye. Gusa umuvandimwe aruhukire mumahoro Kandi Imana ikomeze umuryango n’ inshuti.

Joseph Niyonsaba yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Kwakira iyi nkuru ntibyoroshye ukurikije ukuntu yari ingirakamaro muri society ubwenge,umurava n’urukundo nibyo byamuranze. Imana ibane n’umuryango we imubere aho atari kuko ariyo se w’imfubyi n’umugabo w’abapfakazi. Kandi umuraho w’imfura urera imfubyi.

Karangwa Timothée yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Njye narimuzi kuriRBA Gusa Imana imwakire mubayo

Habineza Emmanuel yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Yari afite umugore numwana 1

Anges yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Nonese Valentin yagiraga umuryango (abana n’umugore)?

Etienne yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Afite umuryango yari imfura iwabo,ikindi afite abana

KIKI yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Valentin yarumugabo wumunyakuri namukundaga; mbuze icyo kuvuga gusa imana imuhe iruhuko ridashira😭😭

Kayirebwa Delphine yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Imana imwakire mubayo,aruhukire mu mahoro.
Twihanganishije umuryango we

BIGIRIMANA Joseph yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Twifatanyije numuryangowe imana imwakire mubayo

Bahimba mugisha jean pierre yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Imana imwakire mubayo njye narimuzi muri RBA nakundaga uburyo yavugagamo amakuru.

Patrick niyomana yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Umuhire Valentin niyigendere😭😭! Tuzahora tumuzirikana, yambereye Teacher mwiza yari intangarugero muri society! Gusa biragoye kuva iyi nkuru y’inshamugongo ! Imana nyirimpuhwe imwakire mu bwami bwayo

SANDE yanditse ku itariki ya: 8-01-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka