Umuhanda Mukamira-Ngororero wongeye kuba nyabagendwa

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu butangaza ko umuhanda wa Mukamira-Ngororero wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo kuwukuramo ibitaka byari byamanutse kubera inkangu.

Itaka ryose ryari riri mu muhanda ryakuwemo, ubu ni nyabagendwa
Itaka ryose ryari riri mu muhanda ryakuwemo, ubu ni nyabagendwa

Umuhanda Mukamira-Ngororero wari wafunzwe n’inkangu ku mugoroba wok u itariki 4 Gicurasi 2022.

Ibyo byatumaga imodoka zitwara abagenzi ziva i Muhanga na Ngororero zidashobora gutambuka kimwe n’iziva Mukamira ntizashoboraga gutambuka, ahubwo zaguranaga abagenzi mu buryo bwo gufasha abantu mu ngendo.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu Karere ka Nyabihu, Jean Claude Habanabakize, yabwiye Kigali Today ko umuhanda wongeye kuba Nyabagendwa kandi imodoka zibisikana ahari habaye inkangu.

Habanabakize avuga ko inkangu ikimara kuba hashyizwemo imashini ikuramo ibitaka, icyakora ngo mu mpera z’icyumweru byari bimaze gushiramo.

Agira ati "Ubu umuhanda ni Nyabagendwa, imodoka zirabisikana, icyo dusigaje ni ugusibura inzira y’amazi kugira ngo adakomeza kureka akaba yatera ikindi kibazo, naho ahavuye inkangu tugomba kwiga uburyo tuhabungabunga mu buryo burambye."

Hifashishsijwe imashini kugira ngo gukuramo itaka byihte
Hifashishsijwe imashini kugira ngo gukuramo itaka byihte

Ahantu habereye inkangu hari hasanzwe hateye amashyamba kandi biboneka ko hari ubutaka bukomeye.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette, akaba yarabwiye Kigali Today ko ababyeyi n’abandi bantu bagenda bagomba kwigengesera, kuko bazi ahandi haba inkangu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka